Abahanga bakunze kwifashisha ibitabo kugira biyungure ubumenyi, ndetse bamenye amakuru yanditswe n’abandi yabafasha. Ba rwiyemezamirimo nabo hari bimwe mu bitabo byandikanwe ubuhanga, byabafasha kugira ubumenyi bwinshi mu bucuruzi, no kwagura inyungu yabo.
Gusoma ibitabo ni umwe mu mico iranga abanyabwenge n’abahanga, kuko
bigaragaza ubushake bubaranga mu kwiyungura ubumenyi. Benshi bajya mu ishoramari
cyangwa mu bucuruzi batarigeze bagera mu ishuri, bityo gusoma ibitabo bikagorana.
Ni mu gihe abandi batangira ubucuruzi bwabo
bakabukora mu buryo bwabo, bakirengagiza ibitekerezo bitangwa n’inzobere muri
bwo, cyangwa abafite uburambe, babagira inama.
Ibi ni bimwe mu bitabo byafasha umuntu wese uri mu bucuruzi cyane cyane ba rwiyemezamirimo, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru allbusiness.
1. Tiny Habits: The Small Changes That Change everything
Iki gitabo kigaruka ku mico ikwiye kuranga
rwiyemezamirimo mushya mu bucuruzi, ndetse n’impinduka ziba iyo umuntu yinjiye
mu kazi akenshi zijyanye n’imico ye.
Iki gitabo cyibanda kikanigisha abacuruzi kwisanisha
n’ibyo bagiye gukora. Niba winjiye mu kazi hari ibyakurangaga byakwicira izina
cyangwa bikangiza imikorere yawe n’abandi, uba ugomba kubihindura, ugahinduka
umuntu muzima.
Umucuruzi, rwiyemezamirimo, umushoramari, ni abantu
bagomba kwitwararika mu mico no mu myifatire, kuko kwangirika kw’izina
ryabo bijyana no kugabanuka kw’inyungu yabo.
Iki gitabo cyanditswe na Timothy Ferriss ni kimwe mu bitabo bifasha umuntu wese ugiye gutangira ubucuruzi, kuko kibanda ku gushishikariza gucunga igihe cyawe neza, kumenya amasaha akorwamo akazi, kubungabunga ibikikije ubucuruzi bwawe n’ibindi.
Ni byiza kumenya ko gukora bitajyana n’imikino, ahubwo
bigakorwa ku ntego zagenwe mbere yo gutangira kuko nibwo umenya ahazaza wifuza.
Bimwe mu bintu by'ingenzi bigize iki gitabo
cyanditswe na Ferriss, agaruka ku
kuruhuka no gusinzira neza nka kimwe gishobora kugufasha kuzamura urwego
rw’umusaruro.
Iki gitabo kandi gitanga inama n’ingamba zakwifashishwa
mu gukora ubukangurambaga bunoze bwo kwamamaza ibicuruzwa byawe cyangwa serivisi,
udakoresheje amafaranga menshi cyangwa kurenga ku ngengo y’imari.
Napoleon Hill yatanze inama nyinshi muri iki gitabo
yanditse, ariko yibanda ku kwagura imitekerereze no kwagura ubucuruzi kugira
uhirwe n’ubucuruzi. Iki gitabo cyanditswe mu mwaka wa 1930.
Uyu mugabo yagarutse ku musaruro mucye abantu babona bitewe no kudatekereza bigiye kure igihe bashora, cyangwa igihe bakora ubucuruzi bwabo.
Yihanangiriza abantu ababwira ko bagomba gutekereza cyane, bagakora
cyane, bakirinda ubunebwe ndetse bagasoma n’ibitabo bibungura ubumenyi bakeneye
ngo batsinde.
Ibitabo byandikwa kugira ngo bizafashe benshi. Uwandika
igitabo aba yatekereje no ku bazavuka we yarapfuye, ni byiza guha agaciro
ibyanditswe gusa bikagenzurwa niba bitanga inama n’ubumenyi bukenewe.
Ibi bitabo uko ari 3 byaguhindurira ubuzima uramutse ubisomanye ubwitonzi, kandi ugakurikiza ibyanditswemo
Abana bato bagomba gutozwa gusoma hakiri kare, kuko bizabubakira ahazaza heza
Urubyiruko aho kwishora mu ngeso zidakwiye, bahugira mu gusoma ibitabo
Uwanditse ibitabo aba afashije isi yose, harimo abamukomokaho n'abandi atazi bazafashwa n'ibitekerezo bye iyo byubaka
TANGA IGITECYEREZO