RFL
Kigali

NKORE IKI: Umusore twahuriye bwa mbere mu bukwe arimo kunsaba kubana nawe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:23/03/2023 15:03
5


Urukundo rurimo kugwirira umukobwa uri gushaka kurwitaza, gusa akabikora yitonze nk’uko yabigaragaje agisha inama. Uyu mukobwa yavuze ko uwashatse kumukongeresha igishashi cy’urukundo ari ubwa mbere bari bahuye.



Uyu mukobwa aba mu Karere ka Musanze, yaganiriye na InyaRwanda.com ariko ntabwo yigeze yifuza ko amazina ye n’ibindi bimuranga bijya hanze, maze agisha inama abasomyi ba InyaRwanda n’abanyarwanda bose muri rusange.

Reese nk’izina twamwise, yavuze ko yatashye ubukwe bwa mukuru we utuye mu Karere ka Rubavu maze bakamugira umwe mu bagombaga kwambarira mukuru we.

Yarabyemeye aramwambarira, ageze aho yagombaga guhurira n’abandi bambariye mukuru we, akubitana amaso n’umusore warebaga nk’ufite imboni ebyiri cyangwa zirenga nk’uko Reese ubwe yabivuze.

Reese ati: ”Naratambutse ndebye hakurya mbona umusore warimo anyitegereza cyane mu buryo budasanzwe ndetse ntekereza ko arimo guhinguranya imbere ntangira kwihisha kuko nabonaga atankuraho amaso.

Uyu musore naramuhunze ariko biba iby'ubusa kuko no mu gihe twari tumaze kugera hamwe n’abageni no kwifotoza bari bampaye uyu musore ngo ariwe tuza guhagararana. Ntabwo yankuragaho amaso, mbese wagira ngo ninjye wari umugeni muri uwo mwanya.

Yaramfashije na cyane ko ibyo kwambarira ntabyo nari nzi, ankorera buri kimwe mbese anyitaho kugeza ubukwe burangiye twese turataha, gusa atahana numero yanjye ya Telefone”.

Reese akomeza agira ati: ”Uyu musore yaratashye akigera mu rugo iwabo yahise ampamagara ambaza niba nageze mu rugo, mubwira ko nahageze kandi mubwira ko yakoze kumfasha no gutuma ubukwe bwa mukuru wanjye bugenda neza.

Ngiye gukupa telefone, yarambwiye ngo 'Nagukunze kandi nakwishimiye, ndifuza kukubona ejo nanone kuko numvise nshaka gukomeza kuba hamwe nawe kandi tuzanabana kuko nagukunze cyane'.

“Mu by’ukuri nk’uko mubyumva uwo munsi ntabwo yigeze ampa agahenge. Ntabwo muzi ndetse nawe ntabwo anzi bihagije. Uyu musore ni bwo nari mubonye ariko yanze kumpa amahwemo ambwira ko ankunda.

Ngaho mungire inama, ese mwemerere urukundo dukundane? Ese nkore iki kugira ngo muhe igisubizo ashaka cyangwa ngo muhakanire burundu?”.

Tubibutse ko niba nawe ushaka kugisha inama watwandikira kuri Email yacu info@inyarwanda.com cyangwa ukaduha igitekerezo cyawe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • niyonkuru1 year ago
    wirukira ugusiga ugasiga ugusanga kundumuntu.
  • Nishimwe Honorine 1 year ago
    Niba ubona wamuha umwanya wawumuha mukaganira ukirinda guhita winjira mu rukundo mubwire mubanze mumenyane mube inshuti nawe wamukunze Nuko arikwihuta nibwo bwoba banza umenye icyo agamije wibuke ko ibikorwa aribyo bivuga
  • MANIRAKIZA1 year ago
    MWEMERERE ARIKOWITONDE
  • Theo 1 year ago
    Namukunde pe ndumva umusore yarashi.
  • Egide niyonsaba 1 year ago
    Nimuduhuze nawe ndamwitwarire





Inyarwanda BACKGROUND