RFL
Kigali

Umugore yarize amarira menshi cyane nyuma yo kumva ko umugabo we akodeshereza inzu undi mukobwa

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:22/03/2023 11:01
0


Umugore yarize amarira menshi cyane, nyuma y’aho amenyeye amakuru ko umugabo we akodeshereza inzu undi mukobwa.



Uyu muryango wa Noncebo na Vugo wasezeranye mu mwaka wa 2018. Uyu mugabo Vugo, ubwo yasaga n’uwashyizemo agahenge atacyita kuri Noncebo yishakiye, nibwo ibibazo byatangiye hagati ye n’umugore we Nonceno.

Uyu mugore yagaragaje ko yifuje kumenya aho urukundo rwabo ruhagaze, bitewe n’uko yabonaga umugabo we ashobora kuba ari gushaka kumuca mu myanya y’intoki.

Uyu mugore yagaragaje ko bisa n’aho ariwe uri gusunikiriza urugo rwabo mu gihe umugabo we atarukozwa na gato, ndetse atanifuza kuba yakosora amakosa n’ibibazo yateje. Uyu mugore yagaragaje ko yifuza kubaza uyu mugabo niba ashaka ko bakomezanya, cyangwa niba yifuza ko batandukana burundu akagumana n’umukobwa yakodeshereje inzu yo kubamo.

Mu kiganiro uyu mukobwa yagiranye n’umunyamakuru ndetse n’umugabo we ahari, yamushinjije kutamwitaho we n’abana bafitanye kuva ku wa Mbere kugeza ku Cyumweru, ahubwo akita ku bandi dore ko uyu mugabo avuga ko atigeze anashaka.

Uyu mugabo we mu magambo ye avuga ko umugore atakamusebeje nyamara ari nta n’ibimenyetso afite bimushinja, akomeza abihakana avuga ko atigeze afatwa n’umugore bashakanye. Uyu mugore wa Vugo, iteka akunda kwahukana kubera kubura amafaranga y’ibyo kurya.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri uyu muryango bagiriye abagore muri rusange inama yo kujya bashaka babanje gushishoza, kugira ngo hatazabaho kwicuza. Uwitwa Penny Mkalipe ati: “Uyu mugabo Vugo kuki afunga umutwe yagiye yemera amakosa”.

Isoko:  Mzansi Magic Channel






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND