RFL
Kigali

FERWAFA iravuga iki kuri sitade ya Kigali Pele Stadium imaze iminsi idakoreshwa?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:20/03/2023 15:05
0


Sitade ya Kigali Pele Stadium imaze iminsi idakoreshwa n'amakipe akina icyiciro cya mbere mu Rwanda kubera imirimo yo kuyivugurura ngo izakira inama ya 73 FIFA.



Iki kibuga giherutse guhindurirwa izina kuko mbere kitwaga Kigali stadium none kuri ubu ikaba yarahawe Kigali Pele Stadium. Iyi sitade, ni cyo kibuga cyakira imikino myinshi ya shampiyona magingo aya kuko ikoresha n'amakipe arenga atanu kandi akina icyiciro cya mbere.

Nyuma yaho iyi sitade ivugururiwe ndetse igahindurirwa izina, yahise iberaho umukino wa gicuti wahuje u Rwanda n'abayobozi ba FIFA bari bitabiriye Inama ya 73 FIFA. 

Abakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda nyuma yo kubona iyi sitade mu isura nshya, batangiye kwibaza niba ubwo shampiyona izaba isubukuwe, iyi sitade ishobora gukoreshwa, gusa bagategereza icyemezo cya FERWAFA.

FERWAFA yagize iti: ”Ntituramenya niba Pelé Kigali Stadium amakipe yemerewe kongera kuhakinira turi kubikurikirana kuko hari imirimo mito yaritasozwa neza. Bityo rero ikomeje kutaboneka Day 25 yakinirwa ku bibuga tumaze iminsi dukiniraho. (Affaire A suivre, tuzabamenyesha vuba ikemezo cya nyuma.”

Kigali Pele Stadium iherutse guhindurirwa izina no gutahwa bundi bushya, mu muhango wari uyobowe na Perezida Kagame ari kumwe na Perezoda wa FIFA Gianni Infantino 

Amakipe yakirira imikino yayo kuri iyi sitade yashatse ibindi bibuga mu ntara, harimo Rayon Sports, Police FC zakirira imikino yazo i Muhanga, ikipe ya APR FC As Kigali Gasogi United na Gorilla FC zikakirira imikino yazo i Bugesera.

FERWAFA yavuze ko kandi, “shampioyona ku munsi wayo wa 25 uzakomeza le 31/03-02/04/2023 nk'uko biri ku ngengabihe (Bitandukanye n'ibyo bamwe bagiye batangaza). Umunsi wa 24 niwo wasubitswe wagombaga gukinwa 17-18/03/2023 ushyirwa 21-23/04/2023.” 


Kigali Pele Stadium niyo sitade yakira imikino myinshi y'umupira w'amaguru kuri ubu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND