RFL
Kigali

Hagiye gutangizwa iserukiramuco ry'isoko rizaherekezwa n'ibitaramo by'abahanzi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/03/2023 23:11
0


Abaturiye cyangwa se abagana ‘Car free zone’ ya Gisimenti n'abandi bagiye kongera gususuruka binyuze mu iserukiramuco ry’isoko ‘Kigali Open Market’ rizajya riba mu gihe cy’iminsi itatu ku Cyumweru cya nyuma cya buri kwezi, mu rwego rwo gufasha abantu kwidagadura no kumurika ibyo bakora.



Ni ubwa mbere iri serukiramuco rigiye kubera mu Rwanda, aho rizaherekezwa n’ibitaramo by’abahanzi mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, no gufasha abahanzi kongera kwegerana n’abafana n’abakunzi babo muri rusange.

Rizajya rirangwa n’ibikorwa binyuranye kandi ababyitabiriye ntibicwe n’icyaka. Hazaba hari icyo kurya no kunywa (Food&Drinks); ibikorwa by'imyidagaduro (Entertainment), imyambaro yahangiwe mu Rwanda (Made in Rwanda);

Imurikabikorwa ry'ibintu binyuranye (Exhibition), ibitaramo by'abahanzi (Performing Artists), abagize itsinda basusurutsa abantu (Live Bands), abashyushyarugamba ndetse n'abavanga imiziki (Djs&MCS), imikinora yerekanwa n'indi yo gukina (Games Screering).

Umuyobozi wa Sensitive, Mugwema N Wilson wateguye iri serukiramuco ry’Isoko, yabwiye InyaRwanda ko batekereje iki gikorwa mu rwego rwo gufasha abantu kumurika ibyo bakora, kubyamamaza no gufasha abahanzi kongera gutaramira ku Gisimenti.

Ati “Ni igitekerezo twagize mu rwego rwo kongera kuzamura umubare w’abagana ‘Car free zone’ ya Gisimenti, gufasha abantu kwamamaza ibyo bakora n’ibindi.”

Akomeza ati “Mu rwego rwo gufasha abantu kwitabira iri serukiramuco, twabihuje n’ibikorwa by’imyidagaduro, aho tuzajya dutangaza abahanzi bazajya baririmba buri munsi mu gihe cy’iminsi itatu. Ni ugucuruza ibyo ufite ariko unidagadura.”

Mugwema N Wilson avuga ko iri serukiramuco bariteguye bafatanyije n’urwego rw'abikorera(PSF) n’izindi nzego.

Uyu muyobozi avuga ko bari mu biganiro n’abahanzi, aba Dj, abashyushyarugamba n’abandi bazifashisha muri iri serukiramuco. 

Iri serukiramuco ry’isoko rizaherekezwa n’ibitaramo by’abahanzi rizajya rimara iminsi itatu 

Mugwema avuga ko iri serukiramuco ari umwanya mwiza w’abafite ibyo bashaka kwamamaza 

‘Car Free Zone’ ya Gisimenti igiye kongera gushyuha nyuma y’uko hari hashize benshi bavuga ko hatakigezweho nka mbere






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND