Umuhanzi Ben Adolphe yashyize itafari ku rugendo rw’umuziki wa Abn X, bakorana indirimbo y’urukundo bise ‘Nahejo’ yasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Werurwe 2023 kuri shene ya Youtube y’uyu musore.
Uyu musore amaze umwaka
umwe mu muziki ushingiye ku ndirimbo ebyiri amaze gushyira ku muyoboro we wa
Youtube zirimo 'Vanessa' yakoranye na Hubert Beatz ndetse na 'Raya' yakoranye
na Hervis Beatz.
Ndacyayisenga Germain
wahisemo izina rya Abn X mu muziki, yabwiye InyaRwanda ko yakoranye indirimbo
na Ben Adolphe biturutse ku ndirimbo ye ya kabiri yise ‘Raya’ kuko ari bwo
yamenyanye nawe.
Uyu musore w’imyaka 22 y’amavuko,
avuga ko Ben Adolphe yishimiye iyi ndirimbo. Avuga ko nawe yari asanzwe ari
umufana wa Ben Adolphe binyuze mu ndirimbo ‘Ni rushya’ Ben Adolphe yakoranye na
Uncle Austin banzura gukorana indirimbo nabo.
Ati “Twaganiriye uko
twakorana indirimbo duhurira muri studio ubundi iyi ndirimbo irakorwa.”
Ben Adolphe bakoranye
indirimbo amaze imyaka itatu mu muziki, aho yahereye mu ndirimbo zirimo nka
'Nirurerure' akomereza ku ndirimbo zirimo 'Wowe', 'ABA Ex' yakoranye na Platini,
'Jiji' yakoranye na Papa Cyangwe n'izindi.
Muri iyi ndirimbo ‘Nahejo’
bakoranye baririmba ku musore uba ubaza umukobwa niba amusura bakagirana ibihe
byiza nk’uko baba babiganiriyeho.
Abn X avuga ko ibyo
yaririmbye byabaye ku nshuti ze z’abasore ariko ‘nanjye byambayeho’. Ati “Niyo
mpamvu rero twahisemo kubiririmba. Ni inkuru mpamo.”
Uyu muhanzi avuga ko mu
2017 ari bwo yiyumvisemo impano kuririmba ubwo yari akiri umunyeshuri mu
mashuri yisumbuye. Kuva, ubwo yandika indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana n’ubwo
atarazishyira hanze.
Avuga ko gutangira
yandika indirimbo z’Imana byaturutse ku kuba yarakuriye muri korali kuva akir
muto.
Abn X avuga ko kugeza ubu ari we muhanzi mu muryango w’iwabo. Kandi, intego afite yo gukora umuziki ‘ntagamije gusa kumvikana mu Rwanda’.
Avuga ko akora injyana ya
Pop na Afro Pop, kandi umwihariko we yinjiranye mu muziki we, ni uko ‘ndirimba
ubuzima’ akitsa cyane ku ‘bintu abantu badakunda kuririmba’.
Uyu musore yavukiye i
Kayenzi mu Karere ka Kamonyi, ayo yize amashuri abanza kuri G.S Bubazi n’aho
ayisumbuye yize kuri Buyoga TVET.
Abn x avuga ko mu bihe
bitandukanye yagiye acika intege akumva yava mu muziki, ahanini biturutse ku ‘gukora
ikintu utarimo guhita ubona umusaruro ako kanya’.
Akomeza ati “Ariko uko
nagiye mbona abantu bakunda ibintu byanjye gake gake nagiye mbona ko ntabyikorera
njyewe gusa ahubwo byamaze kuba inshingano kubikorera ba bantu banjye kandi bikagenda
byaguka.”
Abn X yahuriye mu
ndirimbo na Ben Adolphe bise ‘Nahejo’
Abn X avuga ko yakoranye
indirimbo na Ben Adolphe biturutse ku ndirimbo ye ya kabiri
Abn X avuga ko gukora
umuziki ku buryo inganzo ye izarenga imipaka
KANDA HANO WUMVEINDIRIMBO ‘NAHEJO’ YA ABN X NA BEN ADOLPHE
TANGA IGITECYEREZO