RFL
Kigali

Isohokere! Ibyo ukwiriye kwihutira gukora nyuma yo gufatira mu cyuho uwo mukundana ari kuguca inyuma

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:15/03/2023 22:08
1


Ahari, hari amakuru ufite y’aho byabaye cyangwa ni wowe byabayeho. Aha niho kwihangana binanirira abantu benshi gusa buryo byicwa no kutamenya icyo gukora uwo mwanya ukimara gufata uwo mukundana ari kuguca inyuma. Muri iyi nkuru turaza kureba hamwe icyo wakora uwo mwanya.



Abahanga batanga inama z’ibanze bavuga bati: “Mu gihe ibintu nk’ibi bikubayeho ugasanga uwo mwashakanye cyangwa uwo mukundana ari kuguca inyuma, ntabwo ukwiriye guhita ugira icyo ukora kubera ko uba ukirakaye”.

Urinjiye usanga umukunzi wawe n’undi muntu bari mubyabo, uhagaze ku muryango ubuze icyo uvuga. Aha ugirwa inama yo gutekereza niba urwo rukundo rukuri imbere, cyangwa urwo rukundo wari usanzwe wizereramo arirwo ukeneye gukomerezamo.

Mu gihe umaze gufata umwanzuro neza ko udakeneye gukomeza gukundana nawe, irinde guhindura intekerezo. Niba kandi ukimukeneye ukabona utamusiga byoroshye, mureke abe ariwe ukwemeza ko mwagumana koko, akore cyane kugira ngo yongere atsindire icyizere cyawe.

Icara uganire nabo, ubabwire uburyo bikubabaje ndetse n’ingaruka bikugizeho, noneho unabasabe inama z’uko urikura muri ubwo buribwe baguteye bombi. Umukunzi wawe niyanga kugira icyo akora ubareke ariko ubabwire ko ubabajwe n’ibyo bakoze.

Menya neza ko ibyo uravugira aho uhamanya nabyo 100 ku 100, ndetse n’ibyo umukunzi wawe akubwira uhamanye nabyo wirinde kwisubiraho bya hato na hato.

Ikindi kintu ushobora gukora nyuma yo kubagwa gitumo ni ukwituriza ugahita usubira inyuma ukajya ahiherereye ukitekerezaho, ubundi imyanzuro ufata ikaba iyo ugakomeza gukora ibikunezeza mu rwego rwo kwirinda guheranwa n’ibyabaye.

Inkomoko: Islandpacket.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kwizeraj563@gmail.com1 year ago
    Ubwo c aba akiri umukunzi wawe🤷🤔reka reka ni ihabara.Ibyo byo kubaganiriza ntibishoboka





Inyarwanda BACKGROUND