RFL
Kigali

Huddah Monroe wavuze ko uwifuza ko babyarana yamwishyura Miliyoni 100Frw yahakanye ibyo gutwita kwe

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:15/03/2023 10:31
0


Icyamamare mu mideli n’imyidagaduro, Huddah Monroe, yagarutse ku makuru amaze iminsi acicikana yabaye imbarutso y'uko atwite.



Mu minsi micye ishize ni bwo Huddah yashyize hanze amakuru avuga ko atwite inda y’amezi agera kuri 3, gusa ibi ntabwo byatinze kuko hatangiye kujya hanze andi makuru agaragaza ko uyu munyamideli nta gahunda afite yo gutwita.

Na we ubwe yaje kwemeza ko ibyo yatangaje byari uburyo bwo guha amakuru akenewe abantu bifuza kumva gusa, we akaba adatwite. Yavuze ko asigaye afite munda hanini ntaho bihuriye no gutwita. Ati: ”Kubyibuha ni ibisanzwe, ni cyo cyiciro ngezemo.”

Akomeza avuga mu buryo busa nko gutera ubuse ati: ”Sintwite rwose, kuba mu nda hanjye hari kuba hanini ntaho bihuriye no gutwita. Kugera ubu nta ntanga ngabo ifite imbaraga irabasha gufata nyababyeyi yanjye.”

Aya ni amakuru yatangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.

Huddah asanzwe azwiho kugira ibanga ku birebana n’ubuzima bwe bwite ndetse yumvikanye avuga ko adashobora gutangaza ko atwite bibaye binabaye, kuko ibyo ntaho bihuriye n'akazi akora kamugize icyamamare.

Mu magambo ye yagize ati: ”Mwese muratekereza ko ntwite nkabitangaza rero. Nta nubwo muzigera mubona abana banjye, ahari wenda inzara zabo n’igicucu cy’umutwe wabo muzakibona. Nkunda ibanga mu buzima bwanjye bwite.”

Ubwo yatangazaga ko atwite byumvikanisha ko yashakaga kongera kuvugwa, icyo gihe yari yavuze ko uwakwifuza kubyarana na we umwana we yiteguye kuri miliyoni 100Frw.

Yanavuze ko nta na rimwe ashobora kuzigera abyarana n’umugabo udafite amafaranga uko byaba bimeze kose.Huddah Monroe ari mu bakobwa bagezweho mu myidagaduro by'umwihariko ishingiye ku mideliHuddah Mornroe yahakanye ibyo gutwita kwe avuga ko nta muntu uzigera amubonera umwana Huddah yamamaye cyane muri Big Brother South Africa akomeza kugenda yifashishwa no mu mashusho y'indirimbo kugera yinjiye mu bushabitsi bushingiye ku bwiza n'imideli, atunze arenga miliyari 3Frw






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND