RFL
Kigali

Ntibisanzwe! Yahisemo gukora akazi yambaye ubusa ngo abone amafaranga menshi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:14/03/2023 15:06
0


Lottie Rae, umugore w’imyaka 32, avuga ko yinjije amapawundi ibihumbi byinshi kuva yatangira gukora akazi ke k'amasuku yambaye ubusa, mu rwego rwo kubona amafaranga y’inyongera.



Umugore ukiri muto, Lottie Rae avuga ko kuva yatangira gukora akazi yambaye ukuri yatangiye kwinjiza amafaranga y’ikirenga, kandi kuva icyo gihe yatangiye gukorana n’abakiriya b'ingeri zose.

Daily Mail yatangaje ko uyu mugore winjije ibihumbi by’ama pawundi bitabarika akora akazi k’amasuku, avuga ko kwambara ubusa mu gihe cy’akazi byamuhinduriye ubuzima, ndetse akayobokwa na benshi.

Ahagana mu mwaka wa 2017 nibwo Lottie w’imyaka 32 yatangiye gushaka amafaranga y’inyongera binyuze mu gukora akazi yambaye ubusa buri buri, kandi ahita yongera inyungu yinjizaga.

Yavuze ko imyaka ishize yakoranaga n’abantu batandukanye ndetse n’ama sosiyete atandukanye, ariko yahindura uburyo akoramo akazi, bigahita bimuzamura mu rundi rwego.

Uyu mugore avuga ko yizeye ko umubiri we wamuzanira amafranga menshi, n’ubwo we abifata nk’akazi.

Lottie atangaza ko kuva yatangira gukora agaragaje ubwambure bwe, yatangiye kujya yishyuza amapawundi mirongo itanu (50) ku isaha.

Ubwo Lottie yasobanuraga impamvu yahisemo kwambara ubusa mu gihe cy’akazi, yavuze ko aribwo buryo abona yakora yisanzuye kandi yinjiza cyane mu kazi ke.

Yagize ati “Nzi neza ko akazi kanjye ari ugukora amasuku, kandi ngomba kugakora mu buryo bunogeye bunanyijiriza ahagije”.

Lottie yongeyeho ko akorana n’abakiriya batandukanye, yaba abasaza n’abasore bakiri bato bafite amafaranga, kandi ko ari inshingano ze kubafasha mu rwego rwo kunoza akazi. 

Uyu mugore avuga ko benshi mu bakiriya afasha barangwa n’urugwiro kandi bakamwubahira akazi akora, ariko ngo bamwe baba bifuza kumukoresha ibidasanzwe.

Avuga ko umwe mu bakiriya be yafashije gusukura inzu ye yari yuzuye umwanda ku buryo yayisukuye inshuro zigera kuri 3, ariko yamuhembye amafaranga menshi amufasha kwita ku buzima bwe.

Yagize ati “Ubwo nageraga mu nzu ye, yatinyaga ko nshobora kunyerera kuko nari nambaye ubusa, ariko nawe yifuzaga ko inzu ye yasukurwa n’imwe muri kampani zishinzwe gukora amasuku, kuko yatinyaga ko nanyerera”.

Lottie avuga ko yatangiye kuyikora isuku gahoro gahoro ndetse ayikora neza. Avuga ko bamwe bamurangarira bagatangarira kumubona atambaye, ariko we akora ibyo ashinzwe ntawe abangamiye.

Uyu mugore ubwo yakoraga isuku mu nzu y’umusore umwe, yashyize firimi y’urukozasoni imbere ye kugira ngo baryamane ariko Lottie we, arahakana ntiyamwemerera.

Yagize ati "Yarambonye ninjiye nje kumufasha amasuku ahita nawe yambara ubusa, kuko yambonaga nanjye nambaye ubusa”.

Avuga ko we yinjiye agafata ikawa yo kunywa, agakinisha imbwa ye, hanyuma agatangira  akazi, akirengagiza ibyo ashaka kumushoramo.

Uyu mugore yishimira ko bamwe bagenda basobanukirwa n’uko kwambara ubusa atari ukugira ngo akurure abagabo baryamane nawe, ahubwo ko kwambara ubusa aribwo buryo yabonye bumwinjiriza menshi bugakurura n'abakiriya benshi.

Lottie yongeyeho ati: "Inshuti zanjye n'umuryango wanjye bazi icyo nkora, ariko ndatekereza ko bibaza impamvu mbikora. Batekereza ko nshobora kwisanga naryamanye na bamwe mu bagabo mfasha isuku, ariko njye siko mbibona kuko mbona ari abantu beza.”


Yatangaje ko kuva yatangira kwambara ubusa ari gukora amasuku yatangiye kwinjiza menshi

Lottie yatangaje ko mu myaka irenga itandatu maze abana n’umugabo we babanye neza, kandi nta kibazo agira ku kazi akora.


 Kwambara ubusa avuga ko byinjiza menshi kurusha gukora akazi wambaye


Lottie Rae ku Isaha yinjiza ama pawundi 50, kandi yatangiye kuyinjiza ubwo yahitagamo gukora akazi yambaye ubusa buriburi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND