Ubusanzwe abagore bagira imico yabo itandukanye cyane n’iy’abagabo, by’umwihariko nko mu gihe bamaze gusa n’abahaga cyangwa bahararukwa abo bashakanye. Muri iyi nkuru tugiye kwibanda ku bimenyetso, bizakwereka ko umugore mwashakanye atagishaka kukwikoza.
Mu gihe umugore atakigukunda, ushobora kwiyumva nk’uwo
isi iguyeho burundu. Mu gihe atakikwiyumvamo, hari ibimenyetso akwereka.
1. Ntabwo aba
akikwitaho nka mbere
Iyo umugore atakigukunda arekeraho kugutekerezaho, ntaba akikwitaho. Ibyamutangazaga kuri wowe byose birayoyoka, bigashiraho
burundu. Uyu mugore ahagarika kwita ku bintu umugabo we ari kunyuramo byose mu buzima
bwe. Uko waba uri mwiza kose, umugore utakigukunda ntaba agikururwa nawe.
2. Ntabwo
mukomeza kuvugana nk’uko bisanzwe
Ubusanzwe abantu batandukanywa cyane n’uko batakivugana, rwose ni ibintu bisanzwe. Umugore utakigukunda rero nawe aca imigozi yabahuzaga
yose, ubundi agasigara yirebaho gusa. Niba mwaravuganaga nk’isaha yose, uyu
mugore azakureka ntuzongera no kumenya ibyo arimo gutekereza.
3. Ntiyita ku buryo
wiyumva
Wababara cyangwa wakwishima, ntacyo bimubwiye. Uyu
mugore yirebaho we wenyine, kuburyo nta kintu cyawe na kimwe yumva.
4. Ni wowe utangiza
ikiganiro akaba ariwe ugisoza
Uyu mugore arakureka kugeza igihe urumvira ko ukeneye
kumuvugisha, akaba ari wowe umuhamagara cyangwa umwegera. Mu gihe muri kuvugana
niwe uzakubwira ngo “Ubu hari ahantu ngiye kujya, tuze kubivuganaho ngarutse”.
5. Ibyo mu gitanda
uba warabyibagiwe kera
Uyu mugore ntaba akiguha umwanya mu gitanda habe
na gato
6. Hari ubwo
umuhamagara ntanagufate
Nk’uko twabivuze mu ngingo zabanje, uyu mugore ntabwo
akwitaho, uramuhamagara akabona telefone yawe ariko akanga kuyifata kuko ntacyo
ari kubona mwavugana.
Isoko: www.bonobology.com
TANGA IGITECYEREZO