RFL
Kigali

Ubudage: Ahantu barenga 6 bapfiriye mu gitero cyagabwe ku bahamya ba Yehova

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:10/03/2023 16:18
0


Polisi y'Igihugu mu Budage yatangaje ko umuntu utaramwnyekana yarashe abahamya ba yehova bari mu nzu y'ubwami bwa Yehova.



Umuntu wari witwaje imbunda niwe warashe abahamya bari masengesho y'abahamya ba Yehova. Icyo gitero  cyagabwe mu nzu y'ubwami by'abahamya ba Yehova  kuwa  gatatu tariki 8 Werurwe 2023,mu mujyi wa Hamburg mu Majyaruguru y'Igihugu cy'Ubudage.

Ibinyamakuru  byo Gihugu cy'Ubudage, byatangajeko abantu  6 aribo bapfuye  ariko ntabwo hatangajwe amakuru atomboye ku muntu wagabye icyo  gitero .Kuba uwo muntu warashe  abahamya ba Yehova yaba akiriho cyangwa yarapfiye ntabwo byatangajwe kandi impamvu zamuteye gukora ayo mahano nazo  ntiziramenyekana.

Abahamya ba Yehova barashwe ubwo  barimo kwigishwa inyigisho  z'ubutumwa bwiza.Ubuyobozi bw'inzu y'abahamya ba Yehova bwatangajwe ko bubabajwe n'icyo gitero cyagabwe ku bayoboke babo.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND