RFL
Kigali

Kigali Jazz Junction: Ibihugu bitatu bya EAC birahagarariwe mu gitaramo cya Werurwe

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/03/2023 19:25
0


Kigali Jazz Junction ya Werurwe 2023 irihariye biturutse ku kuba ibihugu bitatu bibarizwa mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba bifite abahanzi babihagarariye muri iki gitaramo, kiba kigamije gufasha Abanyarwanda n’abandi gusoza neza ukwezi.



Kuri uyu wa Kane tariki 10 Werurwe 2023, nibwo RG Consult itegura ibi bitaramo yatangaje umuhanzi wa Kane uzaririmba muri iki gitaramo, kizaba ku wa 31 Werurwe 2023 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Levixone wo muri Uganda ni we muhanzi wa kane watangajwe. Ni nyuma ya Daddy Andre nawe ukomoka muri Uganda, Wyre wo muri Kenya ndetse na Alyn Sano. Bivuze ko ibihugu bitatu byo muri EAC bihagarariwe muri iki gitaramo.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ugizwe n’ibihugu birimo Uganda, u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Kenya, Sudani y’Epfo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Levixone uzwi mu ndirimbo nka ‘Turn the replay’ aheruka i Kigali mu giterane gikomeye ‘Revival Conference’, cyabereye mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena.

Ubwo yari i Kigali, yanditse kuri konti ye ya Instagram agaragaza ko yishimiye gutaramira abarenga ibihumbi n’ibihumbi, bari muri iki giterane cy’ububyutse.

Levixone yubakiye umuziki ku njyana ya R&B, Soul ndetse na Reggae. Uyu musore yavutse ku wa 7 Ukuboza 1992, avuka mu muryango w’abana icumi.

Mu 2012 yavuye mu rugo iwabo, nyuma yo kumenya ko uwo yitaga Se atari we. Yigeze kubwira ibitangazamakuru byo muri Uganda, ko uyu mugabo yitaga Se yamutotezaga cyane akamukubita, igihe kiragera yumva aramuzinutswe

Yigeze kuvuga ati “Ntabwo nigeze menye ko umugabo nitaga Data atari we umbyara. Ntabwo niyumvishaga ko ntari umwana kugeza ubwo ngiye ku ishuri. Namubonye kenshi agurira imyenda bashiki banjye ariko njyewe ntangurire.”

Uyu musore yavuze ko benshi mu bana bari mu kigero cy’imyaka nk’iye bajyaga ku ishuri we agasigara, byanatumye acikiriza amashuri aza kuyakomeza nyuma.

Nyuma yo kuva mu rugo, yabaye umwana wo ku muhanda mu bice bya Kosovo, atangira gukora akazi gasanzwe ashakisha imibereho.

Mu bihe bitandukanye yagiye ajya mu bikundi by’abasore bakoraga urugomo bagafatwa. Yasubije inyuma amaso ava muri ako gakundi, nyuma y’uko umwe mu nshuti ze yiciwe muri ibi bikorwa byo gushakira amaramuko ku muhanda.

Nyuma yo kuva ku muhanda, Levixone yagiye gusura Pasiteri Imelda Namutebi mu rusengero ashaka ko bamuha umwanya akabyina ariko bakamwishyura, atungurwa n’uko abakiristu hafi ya bose bamusabye kubaririmbira no kubyina.

Nta gitekerezo na kimwe yari afite kubijyanye n’indirimbo, ariko muri we yaremye amagambo mashya ubundi aririmbira abakristu barabikunda.

Uyu musore afite impano yo gukina umupira w’amaguru yanamufashije kubona umuterankunga bituma asubira mu ishuri, arangiza ayisumbuye kuri Grace High School mu kace ka Gayaza, ari nabwo yamenye ko afite impano yo kuririmba.

Avuga ko yinjiye mu muziki biturutse kuri Mac Elvis, kandi ku myaka 13 y’amavuko nibwo yakoze indirimbo ye ya mbere. Yakoze indirimbo nka Chikibombe, Turn The Replay, Jungle, Niwewe, Hope, Edoboozi n’izindi nyinshi.

Yegukanye ibihembo birimo icy’umuhanzi mwiza w’umwaka w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana muri Kenya mu 2016, indirimbo ‘Ponya’ yegukanye igihembo cy’indirimbo nziza mu bihembo Maranatha Awards mu 2019 n’ibindi. 

Kanda hano ubashe kugura itike yo kwinjira muri iki gitaramo

Levixone uri mu baramyi bakomeye muri Uganda ategerejwe i Kigali mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction 

Daddy Andre, umunya-Uganda uherutse gutandukana n’umukunzi we w’umunyamuziki azaba ari i Kigali, ku wa 31 Werurwe 2023 

Umuhanzikazi Alyn Sano uherutse gusohora indirimbo ‘Boo and Bae’ agiye kongera gutaramira abakunzi be 

Umunya-Kenya, Wyre agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ye ya mbere binyuze muri Kigali Jazz Junction 

REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'TURN THE REPLAY' YA LEVIXONE

">

REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'CHIBOMBE' YA LEVIXONE NA TIMELESS NOEL

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND