RFL
Kigali

Bitera gutuza no kwiyakira: Byinshi wamenya ku kamaro ko kurira

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:9/03/2023 12:32
0


Kurira ni igikorwa gifatwa mu buryo butandukanye n’abantu benshi ariko gifite ubusobanuro butari bumwe. Kurira ni ibintu karemano gusa impamvu zituma bibaho nizo zitandukanye.



Kurira ni ibisubizo umubiri ugaragaza inyuma nk’igisubizo cy’ibyabayeho byaba byiza cyangwa bibi. Akenshi abantu barira kubera kubabara bagize agahinda, umunabi, ibyishimo ndetse n’ibindi bigera ku mubiri.

Mu mico itandukanye y’abantu, kurira bifatwa nk’ikintu kibi, bigatuma bagira inama abantu babo kutarira n’uwo babonye ari kurira bakabimuziza. 

Ubushakashatsi bugaragaza ko kurira bigira ingaruka nziza ku mubiri ndetse no mu ntekerezo kandi izo nyungu zo kurira zitangira kubaho umuntu akivuka dore ko nawe arira. Tekereza impamvu bakubita umwana wavutse ngo arire mu gihe atabikoze ku bwe.

1.Bifasha ubikora gutuza no kwiyakira

Iyo umuntu yababajwe n’ikintu runaka, nyuma akaza gufata umwanya wo kurira, aratuza, guhangayika bigashira, umubiri we ugakora neza cyane.

Ubushakashatsi bwakozwe na National Library Of Medicine, bwagaragaje ko kurira bifasha umubiri w’umuntu kumera neza birimo kwiyakira no kuruhuka.

2. Bikiza uburibwe

Iyo umuntu ari gusuka amarira ababaye bituma icyitwa ‘Oxytocin’ na ‘Endorphins’ nabyo bisohoka. Iyi misemburo yombi niyo ituma umuntu yumva ashize ubwoba n’uburibwe yari afite inyuma bugashira burundu. Uku gushira no kugabanya uburibwe bigabanya kumva ko umuntu atabayeho neza.

3. Bisubiza ubuyanja

Kurira ni ingenzi cyane ndetse ni na byiza kuko bituma uwari usuherewe agarukana ubuyanja, akongera agaseka.

4.Bituma ubasha kuryama neza

Ikigo cyitwa American Academy Of Pediatrics cyibanda ku bituma umwana akura neza binyuze mu kuryama, cyagaragaje ko kurira bifasha umwana ukiri muto gusinzira neza ndetse kivuga ko ibyo bigira ingaruka no kumuntu mukuru.


Isoko: Bona.co.za






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND