RFL
Kigali

Hongeye kuba igitaramo ‘‘Kaze Rugamba’’ kigamije kwimakaza umuco w’u Rwanda n’u Burundi-AMAFOTO

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:4/03/2023 9:02
0


‘Kaze Rugamba’ kigamije guhuza abahanzi gakondo bo mu Rwanda n’ab’i Burundi cyabaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’umusaruro wavuye mu cya mbere cyabaye muri Gashyantare 2023.



Ni ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Werurwe 2023, guhera saa moya z’umugoroba

Iki ni igitaramo gitegurwa n’umunyamateka Kalisa Rugano mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ubumwe n’amateka Abarundi n’Abanyarwanda basangiye.

Ni igitaramo cyabaye  ku wa 3 Werurwe 2023 mu ishami rya kaminuza y’u Rwanda riri i Remera ahahoze ari KIE, cyibanze  ku byivugo, Intore, imbyino n’ibindi.

Cyari kirimo amatorero atandukanye nka  Ballet Mutabaruka et Sango, Club Intwari, Club Himbaza ndetse na Olympe Niragira.Himbaza na  Olympe Niragira.

Kalisa Rugano yigeze kuvuga  ko yahisemo gutegura ibi bitaramo nyuma yo gusuzuma ibyo yabonye mu myaka 35 yamaze i Burundi aho yageze ahunze afite 13 aza gusanga hari byinshi Abanyarwanda n’Abarundi bahuza bitagomba kwibagirana ndetse abakibyiruka bagomba kumenya bakanasigasira mu kunga ubumwe bw’ibihugu byombi.

Uyu musaza w’imyaka 77 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa 1 Werurwe 2023 yasobanuye byinshi kuri ibi bitaramo ‘Kaze Rugamba’.

Ati “Ubundi Kaze Rugamba ni imbyino ifite amateka akomeye i Burundi no mu Rwanda ariko abenshi ntibazi icyo iri jambo rihatse. Iyi ni imbyino abanyarwanda babyinnye bakira Ntare Rugamba umwami w’i Burundi wari uje mu Rwanda, hari ku ngoma ya Mutara II Rwogera mu Rwanda.”

Iki gitaramo cyari icya kabiri cyari  kibaye nyuma y’ubusabe bwa benshi bitabiriye icya mbere bifuje ko iki gitaramo cyakomeza kandi kikabaho inshuro nyinshi mu mwaka.

Kuri iyi nshuro ya kabiri kwinjira ni 20000Frw mu myanya y’icyubahiro, 10000Frw mu myanya isanzwe na 5000Frw ku banyeshuri.

Mu minsi ishize Kalisa Rugano, igitaramo cya mbere cyagenze neza ari nayo mpamvu biyemeje gutegura icya kabiri. Ati “Twakoze igitaramo cyiza! Ibyo n'abaje barabidushimiye, bashimye ko igitaramo twakoze ari cyiza. Ni ukuvuga ngo kubona abantu bacye, no gukora igitaramo ntigishimwe biratandukanye cyane.”

Akomeza ati “Iyo igitaramo gishimwe, ibyo washoye biba ari binini cyane. Kuko, igihe cyose ushobora kongera kugiha intera ukazamuka. Iyo, ari kibi ushobora kuva ku rubuga uvuyeho. Ntabwo rero twishisha ko igitaramo twakoze atari cyiza.”

Kalisa yavuze ko iki gitaramo cyabaye cyiza kubera ko gishingiye ku muco w’Abanyarwanda n’abarundi.

Kalisa Rugano yabaye mu Burundi mu gihe cy’imyaka 35, aho yakoreye ibikorwa bitandukanye byubakiye ku Nganda Ndangamuco.

 

Avuga ko uyu mukino wubakiye kuri iki gitaramo bafite gahunda yo kuwugeza mu bihugu birimo amahoro ‘mu kwerekana amahoro n’ubumwe bw’abantu’.

Rugano avuga ko mu busanzwe ‘Kaze Rugamba’ yari indirimbo Abanyarwanda bakirije umwami w’u Burundi’. Uwo mwami yitwaga Rugamba, icyo gihe bayimuririmbire ari “mu twicabarabami twa Nyaruteja.”

Rugano avuga ko icyo gihe umwami yishimye cyane, ubwo bamuririmbaga ari gutambagira. Yumva (umwami) ko bamwakiranye icyubahiro, urugwiro biganisha ku mahoro y’ibihugu byombi.

Mu 2008 igitaramo nk’iki cyahuje Abagumyabanga ndetse n’Itorero Inganzo Ngari, kibera ahitwa Odeon Palace mu Mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi.Kalisa Rugano wateguye igitaramo uri iburyo yashimiye abitabiriye Abarundi biyerekana 

 Abanyarwanda biyerekana Abarundi baragaje ko kuvuza ingoma bibari mu maraso Abanyarwanda baragijwe Imana Abarundi basedrutse mu mbyino zitandukanye Abanyarwanda bahanyuranye umucyoUmurishyo wakomwe karahava Abarundi banyuze benshi 

USHAKA AMAFOTO MENSHI KANDA HANO

AMAFOTO: SANGWA Jlien






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND