RFL
Kigali

Jackson Mirror yagarutse i Kigali akomoza ku ndirimbo ye na Jay Willz na EP-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:7/02/2023 22:21
0


Umuhanzi Jackson Mirror ukorera umuziki mu gihugu cya Oman yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri, atangaza ko ari mu biganiro biganisha ku gukorana indirimbo n’umuririmbyi Jay Willz wo mu gihugu cya Nigeria.



Uyu musore uzwi mu ndirimbo zirimo ‘You’ yagarutse mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri 7 Gashyantare 2023, yakirwa n’abo mu muryango we.

Jackson avuga ko kuba kure y'umuryango we n'inshuti atari ibintu byoroshye, kuko muba mudashobora kubonana igihe cyose ubishakiye. Ariko hamwe n'ikoranabuhanga yakomeje kuvugana n'abo. 

Yabwiye InyaRwanda ati "Ntabwo biba byoroshye kubera ko iyo uri kure y'abavandimwe, iyo uri kure y'inshuti, urabakumbura, urabatekereza, utari ahantu uvuga ngo ejo nzabasura, ejo nzabageraho. Ntabwo biba byoroshye, ariko umuntu agerageza kubyitwaramo neza nk'umuntu mukuru."

Mu gihe cy'imyaka ibiri ishize ari muri Oman, avuga ko atorohewe no guhita amenya umuco w'abarabu kuko utandukanye cyane n'umuco w'abanyarwanda yavukiyemo kandi akuriramo.

Jackson avuga ko kimwe mu byamugoye muri Oman harimo ururimi, kubera ko hafi ya bose bakoresha cyane icyarabu kurusha icyongereza.

Ati "Mbere na mbere ugomba kugerageza kuvuga ururimi rwabo, n'iyo byaba ari bicyeya ariko ukagerageza."

Uyu muririmbyi avuga ko ikindi kintu kigoye cyane muri Oman ari ikirere cyaho, kuko harashyuha cyane. Anavuga ko yagowe no kwisanga muri sosiyete y'abarabu, bitewe n'uko yari mushya mu bandi.

Avuga ko nk'umuhanzi yagowe kwisanga ku isoko ryaho bitewe n'uko muri Oman bakora umuziki ujyanye n'imico yabo, mu gihe we akora umuziki ugezweho ku Isi yose.

Imvune mu rugendo rw'umuziki we:

Jackson avuga ko gukorera umuziki muri Oman atari ibintu byoroshye, kuko bimusaba kwifata amajwi hanyuma akayoherereza Producer wo mu Rwanda akamutunganyiriza indirimbo akayimwoherereza.

No mu ifatwa ry'amashusho niko bigenda, ashaka abakora Video muri Oman bakamufata amashusho, hanyuma akayohereza mu Rwanda, bakabihuza.

Ibi avuga ko ari zimwe mu mbogamizi ahura nazo mu rugendo rwe rw'umuziki nk'umuhanzi wigenga, ariko kubera ko azi icyo ashaka akomeza gukotana.

Jackson avuga ko muri Oman bitoroshye kubona studio yo gukoreramo indirimbo, akavuga ariko ko muri iki gihe ari gufashwa na Aron Pro.

Avuga ko umuziki ari ubushabitsi nk'ubundi, ari nayo mpamvu agerageza gushora amafaranga agakorera indirimbo mu bice bitandukanye byo muri Oman, akanifashisha abanyamideli kugira ngo ageze umuziki we ku rwego Mpuzamahanga.

Ibiganiro na Jay Willz biratanga icyizere

Mu minsi ishize, Jackson yasohoye amafoto amugaragaza mu gitaramo yahuriyemo na Jay Willz ubwo yataramiraga muri Oman.

Uyu muririmbyi aherutse gukorana indirimbo 'Melody' na Diamond imaze amezi atandatu isohotse, aho imaze kurebwa n'abantu barenga miliyoni 2.8.

Jay Willz ari mu baririmbyi batanga icyizere muri Nigeria, wubakiye umuziki kuri R&B. 

Jackson yavuze ko yashimishijwe no guhurira ku rubyiniro n'uyu muhanzi wo muri Nigeria, ariko anatekereza ku kuba bakorana indirimbo 'kugira ngo abe yakuzamura'.

Ati "Tugihuza nicyo kintu cya mbere namuganirije, tuba inshuti bisanzwe ariko tunaganira kuri icyo (gukorana indirimbo). Gusa, we yarabinyemereye ariko afite 'Management', rero turacyari mu biganiro na 'Management'."

Uyu muhanzi avuga ko kugaruka mu Rwanda 'uhita wumva ubuzima buhindutse', akavuga ko mu bijyanye no kurya yari akumbuye amata n'ubugari.

Jackson avuga ko aje mu Rwanda muri gahunda zo gusura umuryango we, gukora ku mishinga y'indirimbo azakorana n'abandi bahanzi yakubiye kuri Extended Play (EP) ye ya mbere.

Ati "Ndumva ari bwo ngiye gukora umuziki. Navuga ko mwakwitega ibintu bigiye kuza."

Iyi Ep ye avuga ko izaba iriho indirimbo hagati y'esheshatu ndetse n'enye. Iriho indirimbo zivuga ku buzima busanzwe, urukundo ndetse no kuramya no guhimbaza Imana. 

Jackson Mirror yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri abarizwa muri Oman 

Jackson yavuze ko azava mu Rwanda aharangije indirimbo zigize Extended Play (EP) ye ya mbere 

Jackson yavuze ko ari mu biganiro biganisha ku gukorana indirimbo n’umunya-Nigeria Jay Willz


Jackson yatangaje ko yishimye nyuma y’uko agarutse mu Rwanda gusura umuryango we 

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA JACKSON MIRROR 

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MY SIDE’ YA JACKSON MIRROR

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘HABIBA’ YA JACKSON MIRROR

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MELODY’ YADIAMOND NA JAY WILLZ

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND