RFL
Kigali

Ukwezi kw’abakundana kugiye kuryoha! Yago, Christopher na Element bateguje indirimbo nshya

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:7/02/2023 12:52
1


Abahanzi nyarwanda Yago, Element na Christopher, bamaze kugaragaza ubuhanga mu muziki by’umwihariko uw’urukundo, bamaze guteguza indirimbo nshya muri uku kwezi kwa Gashyantare kwahariwe abakundana.



Bidashingiye ku kuba itariki ya 14 Gashyantare buri mwaka uba ari umunsi wa Mutagatifu Valentine - wakabaye ubundi wizihizwa gusa n'abo mu idini rya Gatolika rigira imyizerere mu Batagatifu, uyu munsi wabaye mpuzamahanga, ukaba wizihizwa n’abakundana.

Uyu Mutagatifu waje kwitirirwa urukundo ndetse agatuma ukwezi kose kwa Gashyantare kuba uk'urukundo, bivugwa ko urwandiko yandikiye umukobwa we mbere y'uko yicwa ari rwo rwatumye aharirwa iby’urukundo.

Abandi nabo bavuga ko kuba yarasezeranyaga abasirikare mu bihe by’ubwami bw’abami bw’abaromani hamwe n'uwo muhate wo gukora ibitari byemewe azi ko yakwicirwa, ari byo byatumye aba ikimenyabose.

Uku kwezi rero kukaba kwizihizwa cyane no mu Rwanda aho usanga imyambaro yiganjemo umweru n’umutuku yambarwa cyane hagakorwa ibirori n’ibitaramo mu kwizihiza ibi bihe biba bidasanzwe.

Mu byifashishwa haba kandi harimo indirimbo zibanda ku zigaruka ku rukundo yaba izo hanze n'iz’abahanzi b’ababanyarwanda barimo abagezweho kandi bakora umuziki mwiza ugaruka ku rukundo.

Muri abo harimo abamaze gutangaza ko mu bihe bya vuba bitegura gushyira hanze indirimbo nshya, ibintu bishobora guhurirana neza n’ibihe byo kwizihiza umunsi w’abakunda.

Umuhanzi n’umucuzi w’indirimbo [Producer] Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element wamaze kuba nk’ikirango cy'imiziki myinshi igezweho kuko imyinshi iba yaciye mu biganza bye, yamaze guteguza indirimbo nshya.

Uyu musore w’imyaka 22 yatangiye yifuza kuba umuhanzi w’icyamamare mu mwaka wa 2018, birangira avuyemo rurangiranwa mu gutunganya umuziki, abyinjira by’umwuga mu 2019.

Nyuma yo gushyira hanze indirimbo nziza y’urukundo yise ‘Kashe’ igiye kuzuza miliyoni 5 z'inshuro imaze kurebwa kuri Youtube, kuri ubu yateguje indirimbo nshya.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga akoresha, mu butumwa yaherekesheje amafoto yambaye ishati y’umweru, karuvati y’umukara ifunze neza, ipantalo y’umukara, impeta ku ntoki n’isaha, yagize ati: ”Ikindi kiganiro mu ndangururamajwi zanyu.”

Ibi byumvikanisha ko nta kabuza mu bihe bya vuba abantu bongera kumva indirimbo ye, bikaba akarusho ari iy’urukundo kuko muri ibi bihe benshi bakomeje imyiteguro yo kwinjira mu gihe cyaruhariwe.

Umunyamakuru YAGO wamaze gutangira no kubifatanya n’umuziki, mu Ugushyingo 2022 yashyize hanze indirimbo ye ya mbere igaruka ku buzima bwe ‘Suwejo’, yakirwa neza cyane. Bidatinze mu Ukuboza 2022, yahise ashyira hanze iyo yise ‘Rata’.

Kuwa 03 Gashyantare 2022 aheruka gushyira hanze iyo yise ‘Si Swing’ igaragaramo Dabijou - ikizungerezi kigezweho muri iyi minsi. 

Indirimbo aheruka uko ari ebyiri zose ni iz’urukundo. Kuri ubu yateguje iyo yise ‘Umuhoza’ nayo ishobora kuzaha ibyishimo abakundana mu bihe bya vuba.

Muneza Christopher uri mu bahanzi bakiri bato mu myaka ariko bamaze ikinyacumi kirenga mu muziki, ugezweho mu ndirimbo zitandukanye zirimo nka Mi Casa, Nibido na Hashtag, yatangaje ko igihe icyo ari cyose yashyira hanze indirimbo nshya.

Uyu muhanzi azwiho kuririmba indirimbo z'urukundo kuko kuva yatangira kuririmba kugeza uyu munsi indirimbo zibanda ku rukundo nizo yibandaho ndetse mu myaka yashize yajyaga agira igitaramo cyo kwizihiza Saint Valentine nubwo ataratangaza niba uyu mwaka hari icyo afite.

Kuri ubu kandi ategerejwe mu bitaramo bitandukanye ku mugabane w’i Burayi birimo nk'icyo azakorera mu Bubiligi. 

Nubwo aba bahanzi ari bo bamaze gutangaza ko bagiye gushyira hanze indirimbo nshya muri ibi bihe, hitezwe indirimbo zitandukanye mu bahanzi nyarwanda.

Element ari mu basore bamaze kwigwizaho igikundiro mu muziki nyarwandaYago umunyamakuru ukomeje guhirwa n'umuzikiChristopher umusore muto umaze ikinyacumi mu muziki witegura kujya gutaramira i Burayi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nitwa umutoniwase Nadine1 year ago
    Nukuri twishimiye ubutumwa mutugezaho mubunyujije mundirimbo zanyu! Mukomereze aho kandi turabakunda cyane. Ni Nadine merereye Gasabo





Inyarwanda BACKGROUND