Tanzaniya yashyizeho ukwezi kwa Werurwe nk'igihe ntarengwa cyo gukusanya ibitekerezo ku bicuruzwa byacuruzwa mu bindi bihugu bya Afurika, hakabaho imikoranire yoroshye ku bihugu bya Afurika harimo n’u Rwanda.
Minisitiri w’ishoramari n’ubucuruzi muri Tanzaniya,
Dr. Ashatu Kijaji, yatangaje aya makuru mu kiganiro cyihariye yagiranye
n’ikinyamakuru The Citizen, ku biro
ntaramakuru bya Tanzaniya.
Minisitiri yagize ati “Kugeza ubu ntituramenya ibicuruzwa. Vuba aha
twatangiye ibiganiro n’abanyamuryango b’ubucuruzi, kugira ngo batubwire
ibicuruzwa bashaka gucuruza mu buryo bwa AfCFTA”.
Yashimangiye ko yizera ko guhera muri Nyakanga uyu
mwaka, Tanzaniya izemerera ubucuruzi bw’ibicuruzwa 10. Inama ya mbere yo
kugirana amasezerano hagati y’abikorera n'ibigo bya Leta yabaye mu cyumweru gishize, Minisitiri abasezeranya
ko hazakurikiraho inama hagati y’inzego
zombi.
AfCFTA ni umunyamuryango w’ubukungu bw’ibiyaga bigari muri Afurika yo hagati. U Rwanda rwakiriwe
mu umuhango wo gushyira umukono ku
masezerano y’ubucuruzi ku mugabane wa Afurika (AfCFTA) mu 2018. U Rwanda kandi
ni kimwe mu bihugu bya mbere byemeje ayo masezerano.
Intego nyamukuru y’uyu muryango ni ukugera 2050
ubukungu bwa Afurika buri ku rwego rushimishije, no guteza imbere urwego rw’abakirorera
muri Afurika hagakurwaho imipaka ku bucuruzi.
Dr. Kijaji yakomeje avuga ko abitabiriye inama
bazahurizwa hamwe, bakaganira ku bibazo
bahura nabyo no gutegura gahunda y'ibikorwa.
Ati: “Twebwe (guverinoma) turashaka ko tuvuga rumwe nk'abashoramari.”
Akomeza avuga ko abashoramari baganiriye ku mbogamizi bahura nazo mu ishoramari no mu bucuruzi, nabo bashyiraho ingamba zabafasha nk’abafatanyabikorwa.
Yongeyeho ati: “Tugomba gucuruza tugendeye ku
mabwiriza ya AfCFTA. Ntabwo tuzemera
Tanzaniya nk'isoko ryonyine ry'ibicuruzwa, biva mu bindi bihugu.”
Ku ruhande rw'ibindi bihugu birindwi, Ghana, Kenya,
Kameruni, u Rwanda, Misiri, Maurice, na Tuniziya, Tanzaniya yatoranijwe nka kimwe
mu bihugu bigerageza “Gahunda ya AfCFTA".
Iyi gahunda yatangijwe mu 2022, kandi abacuruzi
bagera kuri 100 baturutse muri Ghana, Kameruni, Kenya, Misiri, Maurice, n'u Rwanda
ubu baracuruza bagendeye kuri gahunda ya AfCFTA ubucuruzi bwabo bwatangiye ku
mugaragaro ku ya 1 Mutarama umwaka ushize.
TANGA IGITECYEREZO