Mimi Mehfira Ngabo yavuze ko yamaze kumenyera gutunganya umusatsi ku buryo ugwa inyuma, kubera ko umugabo we Ngabo Medard Jobert [Meddy] abikunda cyane.
Mu Rwanda ni ho
bakunda kubikoresha bavuga ko ubwiza bw’umugore bugaragaza umugabo we. Ibi babivuga bahereye ku kuba ushobora kubona umugabo asa uko yishakiye, ariko bitavuze ko
akennye cyangwa cyangwa afite ibibazo. Ariko iyo umugore byabaye gutyo, urwo rugo ruba
nta shingiro.
Ibi bikaba atari mu Rwagasabo gusa kuko mu bihugu byinshi icyo umugabo nyamugabo arwanira ni umuryango we, byagera ku mugore we n'uko asaba bikaba ikindi.
Muri ibyo harimo uko yambara, inzara, byagera ku mutwe we bikaba ibindi kuko umusatsi ari ikintu cy’ingenzi abagabo
benshi bakundira abagore babo.
Ibi rero na Meddy ugiye kuzuza imyaka 2 arushinze yamaze kubyinjiramo ndetse umugore we
abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yahishuye ko umugabo we akunda
umusatsi mu buryo bukomeye ariko unanyerera.
Mu butumwa
buherekejwe n’amashusho arimo gukora ku musatsi we gacye gacye, Mimi yagize ati: ”Umusatsi
utunganije neza mu buryo burabagirana cyangwa se bunyerera ufungiye inyuma, byamaze kubera umucyo Meddy.”
Yungamo ati:”Si byo”. Akoresheje ‘emoji’, Meddy na we yahise amwereka ko
bimunezeza cyane.
Urukundo rw'aba
bombi rumaze imyaka itari micye kuko rwatangiye kuvugwa mu 2017 ruza gukomera
aho Meddy agiye bakajyana kugera ubwo mu Ukuboza 2020 Meddy yateye ivi akambika
impeta Mimi.
Muri Gicurasi
2021 ni bwo biyemeje kubana akaramata mu birori bikomeye byabereye muri Leta Zunze Ubumwe
za Amerika. Muri Werurwe 2022 ni bwo bungutse imfura yabo y’umukobwa bise Myla
Ngabo.
Amashusho ya Mimi agaruka ku buryo Meddy akundamo umusatsi weMeddy ari mu bagabo bakunda cyane umusatsi w'umugore
Imyaka igiye kuba 7 bamenyanye
Bamaze kunguka umwana wabo w'imfura
TANGA IGITECYEREZO