RFL
Kigali

Joshua Iradukunda yasohoye indirimbo nshya mbere yo gusubukura igitaramo kimaze imyaka ibiri-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/02/2023 13:06
0


Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Joshua Iradukunda, yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Muhumure’ mu gihe ari kwitegura gusubukura igitaramo yasubitse ubwo Covid-19 yari ikigera mu Rwanda mu 2020.



Iradukunda ni umusore usengera mu rusengero rwa EPR Kiyovu. Avuga ko yatangiye urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga mu mwaka wa 2017.

Uyu musore ukijijwe, avuga ko yatangiriye ku ndirimbo yise ‘Mbabarira’ akomereza kuri ‘Nzasarura’, ‘Sample’ ndetse na ‘Yarumvise’.

Avuga ko nyuma yo gushyira hanze izi ndirimbo yakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19, bituma amara igihe adakora umuziki.

Anavuga ko iki cyorezo cyadutse mu Rwanda, ubwo yari mu myiteguro yo gukora igitaramo cye bwite aragisubika.

Ati “Covid-19 yageze mu Rwanda ku wa 20 Gashyantare 2020 nanjye ndi gutegura igitaramo ku wa 28 Werurwe 2020 rero gutegura 'concert' bitwara ubushobozi kandi ntabaterankunga nari mfite byansize mpagaze nabi mu bukungu.”

Avuga ko mu mpera z’uyu mwaka nibwo ateganya gusubukura iki gitaramo. Ati “Ibyari yo byose mu mpera z’uyu mwaka turimo kuhategura ikindi.”

Kuri ubu, avuga ko yagarukanye imbaraga binyuze mu ndirimbo yise ‘Humura’ ihumuriza abantu ibibutsa y’uko ‘twebwe abizera Imana ko itazahwema no kutugirira neza kandi ko Imana ikiri Data’. Akomeza ati “Twebwe turasabwa kumwisunga gusa ibindi akabyikorera.”

Iyi ndirimbo avuga ko yayikoze nyuma yo kubona uburyo abantu mu isengero bacitse intege, mbese batangiye gutakaza ibyiringiro by’ijuru.

Ati “Iyi ndirimbo yanjemo nkurikije ibyo nabonaga mu nsengero abantu basa nabacitse intege mu buryo butandukanye numva nabibutsa ko Imana ikiriho ikiri Data kandi yuzuye kugira neza.”

Iradukunda asanzwe ari umwanditsi w’indirimbo akaba n’umutoza wa korali zitandukanye.

Yatangaje ko gukorana umurimo w’Imana mu bihe bitandukanye ari byo byamusunukiye ku kwakira agakiza no kuyikorera binyuze mu ndirimbo bituma yinjira mu muziki.

Akomeza ati “Byatangiye numva mu murimo w'Imana ntatanga imbaraga zanjye zose mpitamo kongeramo kuririmba.”

Ariko kandi avuga ko atateganya kuba umunyamuziki. Ati “Nakuriye mu rusengero iwacu mu cyaro ndi umuririmbyi ndetse ncuranga akagoma umuziki wo narawukundaga kuva kera gusa sinateganyaga kuba umuhanzi.”

Iradukunda avuga ko mu myaka itanu iri imbere ashaka kuba yarashyize itafari rye ku rugendo rw’umuziki wa ‘Gospel’ mu Rwanda.

Ati “Mu myaka 5 iri mbere ndifuza kuzaba ubutumwa ntanga bwararenze imipaka kandi narashyize ibuye rigaragara kuri Gospel yo mu Rwanda.”

Avuga kandi ko ashaka gukora umuziki akawuherekeje kubwiriza urubyiruko, gutanga ubumenyi mu bijyanye n’umuziki no kuwubyaza umusaruro urenze kuvuga ubutumwa.

Mu buryo bw'amajwi (Audio) iyi ndirimbo yakozwe na Tonto n'aho amashusho (Video) yakozwe na Emmy Smith.

Joshua Iradukunda yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Muhumure’


Iradukunda yavuze ko imyaka ibiri ishize adakora umuziki kubera Covid-19


Iradukunda avuga ko ari kwitegura gusubukura igitaramo yari gukora mbere ya Covid-19

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUHUMURE’ YA JOSHUA IRADUKUNDA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND