Idris Akuna Elba icyamamare muri sinema, arashaka kubaka studio ikomeye ya filime muri Tanzaniya. Ibi bikurikira inama yagiranye na Perezida wa Tanzaniya mu Ihuriro ry’Ubukungu bw’isi 2023. Mu bihe byashize yagaragaje icyerekezo cye cyo gufasha inganda z’amafilime nyafurika zikazamuka.
Inama ngarukamwaka yiga ku bukungu ku isi, World
Economic Forum (WEF), yabaye kuwa 16 Mutarama 2023 kugeza kuya 20 Mutarama
2023, yahuje abayobozi n’abashoramari bakomeye, Idris Akuna Elba ni umwe mu bayitabiriye, akaba yaratangaje ko
yiteguye gushora imari muri Cinema nyafurika ya Tanzania.
Idris n'umufasha we mu nama ya WEF i Devos
Idris Akuna Elba ni umukinnyi wa filimi akaba n’umuhanzi
w’umwongereza wamamaye mu buhanzi butandukanye cyane cyane gukina filime
no kuririmba, akaba na rwiyemezamirimo w’ibikorwa bitandukanye.
Uretse kuba ari umukinnyi wa filime akundwa nanone nk'umuhanzi uririmba
Businessinsider Africa yatangaje ko Umuyobozi ushinzwe itumanaho rya Perezida wa Tanzania, Zahura
Yunus, yatangaje ko umukinnyi wa filime Idris Akuna Elba yifuza gushora imari muri
sitidiyo ikomeye ya filime muri Tanzania.
Uyu muyobozi yamenyesheje itangazamakuru aya makuru mu kiganiro yatanze ku wa mbere aho yagarutse ku
byavuye mu rugendo Perezida Hassan aherutse kugirira i Davos mu Busuwisi, mu
nama ngarukamwaka ya 53 y’ubukungu ku isi.
Zahura Yunus ushinzwe itumanaho rya Perezida wa Tanzania
Ati: “Ibiganiro kuri uyu mushinga byatangiye, kandi nibiramuka bigenze neza, umushinga ntuzafasha Tanzaniya gusa, ahubwo uzanafasha Afurika y'Iburasirazuba no Hagati”.
Idris bivugwa ko yashinze imizi muri Afurika
nubwo atahakuriye, ahafata nk’iwabo dore ko se umubyara akomoka muri Siera
Leone, nyina umubyara agakomoka muri Ghana. Ibi bituma yumva Afurika ari mu rugo.
Idris umukinnyi wa filime yishimira kwitwa Umunyafurika
Mu mwuga we wo gukina filime, yafashe inshingano zerekana neza zimwe mu ntambara zikomeye za Afurika mu ma filime nka Beast of no Nation afatanije na nyakwigendera Mandela Nelson dore ko bakomoka mu gisekuru kimwe.
Yavuze ati: "Nishimiye cyane iterambere rya
Afurika. Ababyeyi banjye baturuka muri Afurika kandi kuruta ahandi ku isi,
ndumva uwo mugabane ukwiye kwitabwaho, guhabwa urukundo nyarwo no gutekerezwaho".
Mu nama y'abayobozi bo
muri Amerika na Afurika yabereye i Washington D.C 2022, Idris Elba yavuze ku
bushobozi bunini bw’isoko rya Afurika, avuga ko kuba isoko ryihuta cyane ku isi, bituma hashyirwaho imishinga
mishya yafasha Afurika.
Yagize ati “Uyu munsi niba udafata Afurika nk'ahantu hakorerwa ishoramari rikomeye, ntabwo wikunda wowe n'ejo hazaza hawe.”
Yakomeje avuga ko igikenewe cyane atari ubufasha ahubwo
hakenewe guhanga udushya kuri uyu mugabane.
Umwaka ushize Perezida Hassan yakiriye imiryango irenga icumi yo muri Amerika kugira ngo ishakishe amahirwe y’ubukungu muri Tanzaniya.
Yasinyanye amasezerano
na Guverinoma nyinshi zirimo Umuryango w’abibumbye w’Abarabu, Koreya y'Epfo,
Ubushinwa, Ubufaransa n’izindi.
Intambwe ya Idris yizeye ko umushinga we uzatanga umusaruro
TANGA IGITECYEREZO