RFL
Kigali

Pakistan: Abantu 41 bapfiriye mu mpanuka ya Bus abandi 10 bapfira mu mpanuka y'ubwato

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:29/01/2023 22:32
0


Uyu munsi uwa tariki ya 29 mu gihugu cya Pakistan habereye impanuka ebyiri zapfiriyemo abantu 51 barimo abanyeshuri 10.



Izi mpanuka zombi zabaye mu buryo butandukanye zihitana  abantu 51. Impanuka imwe yabereye mu karere ka Lasbela ubwo imodoka i nini itwara abagenzi yo bwoko bwa  bisi ( Bus) yari mu rugendo ijya ahitwa Karachi irimo kuva Quetta yarenze umuhanda igwa mu kibaya. Impanuka ya kabiri yabereye mu kiyaga ihitana abanyeshuri biga indimi bari mu bwato.

Anjumk Hamza,umuyobozi wungirije wa Polisi mu karere ka Lasbela, aganira n'ikinyamakuru Dawn cyo muri Pakistan ko iyo mpanuka y'imodoka yatewe n'umuvuduko  ukabije umushoferi yari afite . Yemeje ko uwari uyitwaye yashatse gukata agana aho yari aturutse ariko kubera umuvuduko yari afite  iyo modoka yagonze imwe mu nkingi ziri ku kiraro irabirinduka igwa mu mubande ndetse ifatwa n'inkongi y'umuriro.

Uyu munsi ku Cyumweru muri icyo gihugu cya Pakistan abana 10 biga mu ishuri ryigisha indimi bapfiriye mu mpanuka yahitanye abana 10, ubwo ubwato barimo bwarohamaga mu kiyaga cya Tanda  Dam  giherereye mu Burengerazuba bushyira Amajyepfo .Abana 17 n'umwarimu wabo barokowe  ariko bane muribo bakaba barembye.


Inkomoko: Ijwi ry'Amerika








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND