Guverinoma y'u Bushinwa yavuze ko Amerika igomba guhagarika kugerageza kotsa igitutu ivugururwa ry'imyenda y'Abashinwa kuri Zambiya ahubwo ikibanda kuri bimwe bidindiza iterambeere, bishobora kugira ingaruka ku bukungu bw'isi. Ibi ni ibyatangajwe na Aljazeera.
Yallen Janet
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America mu minsi mike ishize yagize
uruzinduko aho yazengurutse ibihugu
bitandukanye by’Afurika nka kimwe
kigaragaza ubufatanye Leta ya Amerika yifuza kugirana na Afurika cyane cyane mu
bukungu.
Nyuma y’inama y’abayobozi b’Amerika na Afurika yabereye mu kwezi gushize i Washington, DC, aho Perezida Biden yatangaje ko Miliyari zisaga 15 z’amadolari y’Amerika zizashyirwa mu bucuruzi bw’ishoramari muri Afurika.
Uruzinduko rw’umunyamabanga Yellen rwerekanye ubushake bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gushimangira umubano w’ubukungu w’Amerika na Zambiya.
Ku wa kabiri, Ambasade y'Ubushinwa muri Zambiya yagize iti: "Umusanzu ukomeye Amerika ishobora gutanga ku kibazo by'imyenda y’ibi bihugu ni ugushaka igisubizo gikenewe ngo iyo myenda yishyurwe no guhagarika ibikorwa by’ibindi bihugu byigenga kugira ngo habanze gukemurwa ibibazo by’imyenda ."
Ambasade y'Ubushinwa yongeyeho iti: "Nubwo
Amerika yakemura ikibazo cy’imyenda, ntabwo 'igomba' gukandamiza ibindi bihugu kubera inyungu zishingiye ku kwikunda."
Amerika iherutse gutanga ubutumwa bwo gushimangira
umubano w’ubukungu na Afurika mu 2023. Iki gihugu cyohereje umunyamabanga w’imari
w’igihugu, Janet Yellen, muri Afurika mu rwego rwo gushimangira ubufatanye
bw’impande zombi.
Kuva yagenda, Janet Yellen, yagiye avuga cyane ku bibazo byinshi birimo
umwenda wa Afurika ku Bushinwa. Yagaragaje ko ari ngombwa ko umwenda wa Zambiya uvugururwa.
Yallen yagize ati "Nabajije ikibazo kiri hagati
ya Zambia n'Abashinwa kandi mbasaba ko bafatanya bagashaka igisubizo cy'ikibazo
cyabo kandi ibiganiro byacu byari
ibyubaka.
Yongeyeho ati: "Tuzakomeza guhatira
abashoramari bose mu bihugu byombi ndetse n'abikorera ku giti cyabo kugira
uruhare rugaragara mu gutanga inguzanyo kuri Zambiya, cyane cyane
Ubushinwa."
Yongeyeho ati "Tuzakomeza gushishikariza
abashoramari mu bihugu byombi n'abikorera ku giti cyabo gutanga inguzanyo yaba kuri Zambia cyangwa
Ubushinwa."
Raporo y’amakuru yakozwe na Aljazeera, yagize iti:
“Amabanki y’iterambere ry’Ubushinwa yagaragaye atanga inguzanyo mu bihugu bikennye ku isi ku mutungo kamere, ubwikorezi, n’ingufu
z’amashanyarazi nubwo inguzanyo zagabanutse cyane kuva mu 2016".
Nk’uko Chatham House ikorera mu Bwongereza ibitangaza, kuri ubu ibihugu 22 byo muri Afurika byinjiza amafaranga make kuko byamaze kugira amadeni aremeye bikaba bifite ibyago byinshi byo guhomba.
Abashinwa batanga inguzanyo 12% babarwa nk’abikorera
ku giti cyabo ndetse n’abaturuka muri Leta zitandukanye zo muri Afurika. Ibi
byateje kwiyongera nk’inshuro zirenga eshanu agera kuri miliyari 696
z'amadolari kuva 2000 kugeza 2020. ”
TANGA IGITECYEREZO