RFL
Kigali

Twaganiriye! Animateur watereye ivi inkumi ikamwandagaza yahishuye ko byari umukino anavuga icyo bisobanuye

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:27/01/2023 18:29
8


Jean Lionel Bayubahe uzwi nka Animateur ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ku by’amashusho ye akomeje guhererekanwa, agaruka ku butumwa bubabaje yifuje guha abagize isi ya none.



Mu kiganiro na inyaRwanda.com, Animateur yagize ati: ”Nifuje kwibutsa abantu kugira ubumuntu kandi no guha umukoro abategura kubana gutekereza kure.”

Avuga ku bumuntu, yagarutse ku buryo abantu ba none barajwe ishinga no guhererekanwa amashusho batitaye ku kababaro k'abantu bagaragaramo.

Yatanze urugero ko ubwo abantu babonaga ko umukobwa amwanze, ntawifuje kumwegera ngo amukomeze ahubwo bose bamusekaga bamufata amashusho.

Aha rero ni ho yahereye avuga ko abantu bakwiriye kujya batekereza kure no ku byo bahererekanya kuko ushobora gusanga akantu gato ukoze gahura n'agahinda afite akaba yakwiyahura.

Avuga ko abantu bakwiye kujya batekereza kure, mbere yo gukorera ikintu umuntu ukabanza gutekereza abaye ari wowe gikorewe uko byagenda, ibyo akaba asanga byarushaho gutuma isi irushaho kuba nziza.

Animateur yavuze kandi ko yanejejwe no kuba icyo yifuza cyagezweho ko amashusho aheherekanwa cyane kugira ngo abone uko atanga ubu butumwa kandi bubashe kugera kure.

Muri aya mashusho agaragaramo yandagazwa n’umukobwa witwa Umulisa Nelly akamusiga mu gihe undi yari yiteguye kumwambika impeta.

Uyu musore yagiriye inama abasore, avuga ko atari ugupfa gupfukama aho ubonye no gushakana n'uwo ubonye, ahubwo ko ukwiriye kubanza kureba kure.

Animateur ubusanwe witwa Jean Lionel Bayubahe, asanzwe ari nyiri studio y’amafoto iherereye Kicukiro yitwa Elite Studio.

Afite ubuhanga bwo gutegura amashusho n’igitecyerezo cyayo uhereye no kuri aya ari guhererekanwa ku bwinshi no kuvugisha benshi ku rwego rwo hejuru.

Yavukiye mu Gatega, yiga ku bigo bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali mu duce turimo nka Kagugu na Kimihurura.

Animateur yasabye abantu "Kudashungerana mu kaga ndetse no gufatana mu mugongo aho umwe agize intege nke ndetse abasore nabo bakiga gushishoza ndetse no kuganira n’abo bateganya kurushinga.”

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO YOSE YIBYABAYE KURI ANIMATEUR

">

Animateur yavuze ko yifuje kongera gukangurira abantu kwishyira mu mwanya w'abandi mbere yo kubakwena no kubandagazaYasabye by'umwihariko abasore kwitonda mbere yo gushakaAnimateur asanzwe afite Youtube Channel yitwa YesWeGot ikurikirwa n'abarenga ibihumbi 100Nelly wagaragaye yandagariza Animateur ku karubanda akamusiga mu menyo ya rubamba mu gihe yamusabaga urukundo

Kanda hano ukurikire Animateur kuri Instagram






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ishimwe Geoffrey1 year ago
    Kbs uyumusore azigutegura niba aribwo buryo yashaste kunyuzamo impanuro ze KBS byumvikanye neza knd kuri benshi ... Irinisomo ryubuzima abantu nitugaruke iwacu twishakemo ubumuntu Nokugira ibanga niwo muco utuzuye ico umuco nyarwanda.. Bitubere isomo
  • Mugisha francis 1 year ago
    Nogukinisha abantu burya nabwo nubugoryi gusa ibyo mukinamo murakina musenya umuco wigihugu mumuco nyarwanda umugabo ahora arumugabo nibyakora agomba babikora yemye at age zamavi mwe murikibazo kumuco wacu.
  • Felix 1 year ago
    Lionel uri umugabo ureba kure kandi wifitemo créativité. Nukuntu uri bogar kandi Smart ntankumi yakwanga, kandi nturuwo gukora ibintu utateguye neza nkabiriya. Komeza utange amasomo.
  • Kirahinda1 year ago
    Ibyo byitwa Mecanisme de defence irumva yakubwira iki wowe umubajije? ubu c niwe ugiye guhindura ibyananiranye? Ahubwo abahungu batera amavi iyaba aho bagiye kurishinga (ivi) bahasangaga imisumaro harya ngo umuco urakura? ntacyo mvuze ariko biriya gewe mbifata nkumwanda i am sory to say
  • claudakin@gmail.com1 year ago
    Urarenze MU buhanzi bwawe , Kandi abyumva Ngirango isomo ryumvikanye
  • NZITUNGA cleophas1 year ago
    Urandagaye p gutera ivi ntabwo ari umuco kbsa
  • Sharifu 1 year ago
    Ubundi undi muhungu uzongera guterera umukobwa ivi leta ijye inamushyira muri gereza kuko iki nigikorwa cyububwa
  • Rey boy1 year ago
    Ntakundi gs waramubonye siyakubonye mn





Inyarwanda BACKGROUND