RFL
Kigali

Ndagukunda kurusha uko ubizi mugore muto - Meddy yatatse mushiki we Ange wagize isabukuru

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:27/01/2023 18:00
2


Ngabo Medard Jobert wamamaye nka Meddy yafashe umwanya akomeza mushiki we muto wizihiza isabukuru y’amavuko amubwira ko hamwe n’Imana ntacyamutsinda.



Mu magambo arimo n'ayumvikana mu ndirimbo nshya ya Meddy yise ‘Grateful’, uyu muhanzi yifurije isabukuru mushiki we muto anamukomeza nyuma y'uko bose babuze umubyeyi wabo.

Meddy yifuriza Ange isabukuru agira ati: ”Umunsi mwiza w’amavuko Ange! Wanyuze mu muriro, ugenda mu mvura, ariko reba uracyakomeye ndetse kurusha mbere. Komeza ukure mwuka no mu buzima busanzwe.”

Uyu muhanzi ahamiriza mushiki we ko amukunda by'akataboneka ndetse birenze uko we abizi ati: ”Nta kintu na kimwe cyagutsinda ndagukunda cyane Ange. Ndagukunda kurusha uko ubizi mugore muto.”

Meddy avuka mu muryango w’abana batatu barimo Christian ari na we mukuru, agakurikiraho, hagakurikiraho mushiki wabo muto witwa Ange. Bose bavukana kuri se Sindayihebura Alphonse na nyina Cyabukombe Alphonsine umubyeyi bari basigaranye witabye Imana kuwa 14 Kanama 2022.

Meddy yifurije isabukuru nziza mushiki we anamukomeza ko hamwe n'Imana ubuzima bukomezaMeddy avukana na Ange na Christian






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Niyigena Marie Josephine1 year ago
    Niteguye gusubiza
  • Uwimana Eric1 year ago
    Nukuri meddy ni intwari kurugamba kubwo gukomeza mushikiwe muto. Thx meddy kumwerekako ibintu byose bishoboka arikumwe ni mana. Gusa njyewe meddy ndamukunda cyanee imana injye imuha umugisha.





Inyarwanda BACKGROUND