RFL
Kigali

Sandvikens IF yaguze Byiringiro Lague, yamuvuze imyato izuba ririnda rirenga

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:27/01/2023 9:42
1


Byiringiro Lague ubu ni umukinnyi wa Sandvikens IF ikina icyiciro cya gatatu muri Suwede.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nibwo iyi kipe ibinyujije ku rukuta rwa Twitter yatangaje ko yamaze gusinyisha rutahizamu w'ikipe y'igihugu Amavubi, Byiringiro Lague amasezerano angana n'imyaka 4. Byiringiro Lague wari umaze imyaka 5 mu ikipe ya APR FC, azerekeza muri Sandvikens IF asanga Mukunzi Yannick nawe ukinira iyi kipe, ndetse unamazeyo igihe.

Kuri website ya Sandvikens IF hagaragayeho amagambo iyi kipe igaragaza ubwiza bw'uyu rutahizamu w'imyaka 22, ndetse iyi kipe igaragaza ko ari umwe mu ndorerwamo z'igihugu mu mupira w'amaguru. Bagize bati "Tuguhaye ikaze byiringiro Lague mu ikipe ya Sandvikens IF."


Bahise batangira gusobanura Byiringiro Lague uwo ariwe, ndetse no kumuvuga imyato. Bati "Byiringiro Lague w'imyaka 22 y'amavuko, ni umunyarwanda byitezwe ko azaba inyenyeri y'iki gihugu, yamaze gusinya amasezerano y'imyaka 4 mu ikipe yacu. 

Byiringiro Lague ni umwe mu bakinnyi bakomeye muri shampiyona y'u Rwanda ndetse no mu ikipe y'igihugu aho yayitsindiye ibitego bitandukanye, aho mu gihugu cye bamufata nk'umukinnyi uzaba ukomeye mu Ikipe y'igihugu. Lague bwa mbere yakoze igerageza mu bihugu birimo u Bufaransa, u Busuwisi, ariko birangiye tumwegukanye."

Byiringiro Lague yahamagawe mu mavubi bwa mbere mu 2019 ubwo icyo gihe u Rwanda rwiteguraga gukina na Ivory Coast 

Byiringiro Lague wageze mu ikipe ya APR FC mu 2018, akaba ari rutahizamu ufite ubushobozi bwo gukina asatira izamu aciye mu mpande z'ikibuga kandi zombi, ndetse akaba afite ubushobozi bwo gukina nka nimero 9. 

Byiringiro yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu ikipe ya APR FC

Yannick Mukunzi ni umwe mu bagiriye inama Lague yo kwerekeza muri iyi kipe 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kadobo 1 year ago
    Karibu iwacu muri Sweden nugukora birenze ntabyimikino





Inyarwanda BACKGROUND