Abantu baremwe mu buryo butandukanye. Hari abakobwa bagira ubwoya buba ku nda hafi n’umukondo, hakaba n'aband batabugira.
Bitera kwibaza cyane mu gihe wabonye umukobwa ufite
ubwoya akantu hose na cyane ko bizwi ko abagabo ari bo babugira. N’ubwo bitapfa
gufatwa nk’ubusembwa, kugira ubwoya ku nda bishobora kuba ikimenyetso
cy’imisemburo yiganje kurenza indi kuri uwo mugore cyangwa umukobwa ufite ubwoya
hamwe na hamwe ku mubiri we.
Ikintu cya mbere gishobora gutuma umugore cyangwa
umukobwa agira ubwoya ku nda cyangwa ahandi hantu, ni ikizwi nka ‘Genetics’. Bigaterwa cyane n’amavuta
bisiga, ibyo kurya bafata cyane n’ibindi. Ikindi twavuga
hano ni ikibazo cy’imisemburo iba itaringaniye. Imisemburo igira uruhare rukomeye
cyane, ikaba ituma habaho umubyibuho ukabije.
Ikindi gikomeye gitera abagore kuzana ubwoya
ahantu runaka by’umwihariko ku nda ni
imiti itandukanye aba yarakoresheje by’umwihariko ifasha
abarwayi ba Diabetes n’abarwaye indwara y’umwingo. Muri make, imiti imwe n’imwe
yo kwa muganga nayo si myiza iyo yakoreshejwe nabi cyangwa hakabaho kurenza
urugero (Kutubahiriza amabwiriza ya muganga).
Iyo umugore agize ubwoya aho ariho hose, bigaragara ko
ashobora kuba arwaye kubera ko muri kamere y’igitsina gore badakunda kugira
ubwoya. Niyo mpamvu bagirwa inama yo kugana abaganga mu gihe babonye ingano y’ubwoya
bafite ku mubiri wabo haba ku nda cyangwa ahandi. Ikindi
abagore bamwe bagira ubwoya ku nda cyane iyo batwite.
Abaganga babafasha mu buryo burimo kuba babaha ibinini
bigabanya ingano y’ubwoya bwabo cyangwa bikabukuraho, babafasha kwita ku misemburo yabo ituma buza
cyangwa hakabaho kubabaga.
Inkomoko: 9newsng.com
TANGA IGITECYEREZO