Imikino yo kwishyura ya shampiyona y'icyiciro cya mbere mu mupira w'amaguru mu Rwanda, igiye kugarukana ubukana bukomeye ndetse byitezweho n'abandi batoza bashobora kuhaburira akazi.
Kuri
uyu wa 5 shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda irasubukurwa hakinwa umunsi
wa 16 ari na wo munsi wa mbere mu mikino yo kwishyura.
Ni
imikino ishobora kuzasiga imvune ku bayobozi, abatoza ndetse n'abakinnyi.
Amakipe menshi yo mu mujyi wa Kigali, agiye gukinira iyi mikino ku bibuga bya
kure nyuma yaho sitade ya Kigali itangiye gusanwa.
Iyi
shampiyona kuva yatangira, abatoza bamwe bamaze kwirukanwa, abandi barijyana,
ndetse hitezwe ko dushobora no kubona abandi batoza bahambirizwa kubera
umusaruro muke.
Abatoza 5 bashobora kubura akazi mu
mikino yo kwishyura
5. Okoko
Godfrey
Mu 2011-12 yari umutoza ukomeye wa Mukura ndetse aza kuyigarukamo mu 2014, bivuze ko ari umutoza umenyereye shampiyona y'u Rwanda niba itaramusize.
Okoko
aherutse guhabwa Rutsiro FC nk'umutoza mukuru ugomba kuyibera umucunguzi, ariko
intangiriro ze ntabwo zagenze neza n'ubwo umukino usoza imikino ibanza ya
shampiyona yaje gutsinda Bugesera FC i Gisenyi.
Nubwo
yasanze ikipe ifite abakinnyi basa n'abazuye, yongeyemo Bukuru Christophe na
Eric ukomoka mu Burundi, yiteze ko bagomba kumufasha. Rutsiro FC ifite amanota
13 ikaba iri ku mwanya wa 13, gusa igisa n'aho cyayirengera ni ikipe ifite amanota
yenda kungana hanze (6) no mu rugo (7).
4.
Espoir FC
Ku mwanya wa 4 impamvu twahashyize Espoir FC ni uko iyi kipe mu buryo bw'amategeko itarabona umutoza mukuru kuko uwo bari bafite mu mukino ibanza Bisengimana Justin, yahagaritswe bitagira igaruriro.
Kuri ubu Espoir FC ifite umutoza urimo
kwiburabuza i Rusizi bita Niyonkuru Gustave ukomoka mu Burundi byitezwe ko mu
gihe Bisengimana Justin yasozanya na Espoir FC Gustave yahita asinya mu buryo
bweruye.
Yaba Gustave yaba undi mutoza, uzahabwa Espoir FC agomba kuza abizi ko afite akazi gakomeye nko gucisha inzara ishoka, ndetse akarwana n'intambara yo gukura ku manota 7 Espoir FC iryamyeho.
Igisa n'igaruro, ni uko iyi kipe iri mu makipe
yakoze igisa n'isuku mu bakinnyi aho yatandukanye n'abakinnyi bagera kuri bane
barimo Bigirimana Issa, Ndabarasa Tresor, n'abandi. Iyi kipe kandi yongeyemo
abakinnyi bashya barimo Isaaka Sherif yussuf, Joseph Janjali na Dusenge Bertin
ushobora gusinya isaha ku isaha.
3. Ben
Moussa
Umwe mu batoza bahawe APR FC mu buryo butunguranye, nyuma yaho uwari umutoza mukuru Adil Mohammed atandukaniye n'iyi kipe.
Ben Moussa kuva yahabwa iyi kipe, asa
n'aho atariyakira ngo yerekane ubushobozi bwe kuko imikino myinshi akina iba yiganjemo
ubwoba no kwinyuramo mu guhitamo abakinnyi biganisha ku musaruro ikipe y'ingabo
z'igihugu zidakunda.
Ben
Moussa kuva yafata APR FC amaze gukina imikino 13 harimo 11 ya shampiyona, aho
ku manota 39 yakoreyeho afite amanota 19 gusa. Uyu mutoza ni we washyizeho
agahigo katari keza nyuma yo kunganya imikino 7 mu mikino 11 yakinnye, ibintu
APR FC itari imenyereye.
Mu gihe amakipe yakinaga imikino ya gicuti, APR FC nayo ntabwo yacikanwe, aho yakinnye na Marine FC na Bugesera FC ariko iyo mikino yose iza kuyitsindwa, hakomeza kwibazwa niba umwaka APR FC yinjiyemo atari amatariki yahindutse gusa.
2. Ruremesha
Emmanuel
Niwe
mutoza umaze gutoza muri shampiyona y'u Rwanda igihe kinini mu bari mu kazi kuri
ubu, kuko kuva 2004 Ruremesha Emmanuel yatozaga icyiciro cya mbere. Uyu mutoza
wafashe Rwamagana City ubwo yari izamutse mu cyiciro cya mbere, ubu aryamye ku
mwanya wa 14 n'amanota 10 mu mikino 15 amaze gukina.
Uwari
umutoza wungirije, Ruremesha Lomami aherutse guhagarikwa mu kazi twavuga ko
ari umuhini wariwe hoteterwa isuka. Aho bitereye ubwoba, ni uko Rwamagana City
ariyo kipe mu makipe 16 y'icyiciro cya mbere amaze kwakira imikino myinshi
igera ku 10 ndetse n'amanota 10 ifite ikaba ariho yayakuye.
Rwamagana
City ntirabasha kubona inota na rimwe hanze y'ikibuga cyayo, ibintu biteye
ubwoba kuko isigaje kwakira imikino 6 gusa. Mu mikino 3 Rwamagana City ifite
imbere, izasura Espoir FC yakire As Kigali, nyuma isure Marine FC, imikino
twavuga ko ishobora kuzasoreza intumwa n'abahanuzi.
1.Haringingo
Francis
Umutoza
wa Rayon Sports uri kuyitoza mu mwaka we wa mbere, Haringingo ni we mutoza ugiye
gutangira imikino yo kwishyura ateruye inkono ishyushye akoresheje ibiganza
nyuma yo gusoza imikino ibanza nabwo nta nkuru.
Haringingo
Francis ntabwo avuga rumwe n'abafana bakomeje gushyira igitutu ku buyobozi
nabwo buhita bucyambutsa kigana ku mutoza. Aho bitereye ubwoba rero ni uko mu
gihe Haringingo yanatsindwa umukino wa Musanze FC yahita yirukanwa nta gutinda.
Ubwo
imikino isoza igice kibanza cya shampiyona yaganaga ku musozo, Rayon Sports
yatsinzwe imikino 3 yikurikiranya, byatumye iva ku mwanya wa mbere ubu ikaba iri
ku mwanya wa 5 n'amanota 28, mu gihe byakomeza uku Haringingo yazakumburwa
muri Rayon Sports.
TANGA IGITECYEREZO