RFL
Kigali

AMAFOTO - Ubwo Rayon Sports yatsindaga Gorilla FC mu mukino wikanzwemo amarozi bigateza imvururu

Yanditswe na: Ngabo Mihigo Frank
Taliki:8/12/2022 7:49
0


Rayon Sports yaraye itsindiye Gorilla FC kuri Stade ya Kigali iri i Nyamirambo, mu mukino w'ikirarane cy'umunsi wa 7 wa Shampiyona, waranzwe no kwikanga amarozi buri mwanya ndetse bigateza amahane hagati y'abakinnyi n'abatoza.



Igitego rukumbi cya Rayon Sports cyabonetse muri uyu mukino, cyinjiye ku munota wa 27, cyinjijwe na rutahizamu Will Essomba Onana kuri Penaliti yateye ahana ikosa ryari rikorewe Boubacar Traore mu rubuga rw'amahina.

Amakuru avuga ko Mbere gato y'uko umukino utangira, Gatera Musa utoza Gorilla FC yegereye urwambariro rwa Rayon Sports ariko abashinzwe kurucungira umutekano baramuzitira, nyuma abo ku mpande zombi bagafatana mu mashati kubwo gucyeka amarozi.

Gatera Musa Hagati y'abatoza bamwungirije

Amakipe yombi yatangiye akina biryoheye ijisho, ndetse mu minota yose y'umukino waranzwe no gusatirana ku mpande zombi.

Ubwo Rayon Sports yabonaga Penaliti, rutahizamu Willy Onana yanze gutera umupira yari ahawe n'umusifuzi uturutse ku bakinnyi ba Gorilla FC, ajya kwizanira uwari hanze y'ikibuga, binatuma ahabwa ikarita y'umuhondo, nabwo bigaragara ko hari habayeho kwikanga amarozi.

Onana ajya gutera penaliti

Umukino urangiye, Haringingo Francis utoza Rayon Sports yabajijwe n'abanyamakuru niba we n'abakinnyi be bikanze ibyo kurogwa ndetse niba ko urwambariro rwabereyemo imirwano, byose ntitabisubizaho, avuga gusa ko amenya ibyo mu rwambariro rw'ikipe ye.

Ku ruhande rwa Gorilla FC, umutoza Gatera Musa yasoje umukino ntiyaza kuvugana n'abanyamakuru, ahubwo hitaba Kalisa wungirije, na we abajijwe iby'imirwano yabaye, asubiza ati "Ibyo ntabyo nzi pee." Avuga ku mpamvu umutoza mukuru ataje kuganira n'itagazamakuru, Kalisa yasubije ati "Arwaye umutwe".

Abakinnyi ba Rayon Sports babanje mu kibuga 


Ababanje mu kibuga ku ruhande rwa Gorilla FC

Abatoza n'abasimbura ba Gorilla FC

Mbere yo gukina, hafashwe umwanya wo kwibuka no guha icyubahiro Muramira Gregoire wahoze ayobora Isonga FA witabye Imana

Abatoza ba Rayon Sports

Muvandimwe JMV wa Rayon Sports agenzura umupira

Iraguha Hadji wa Rayon Sports areba umupira mu kirere

Ndekwe Felix wa Rayon Sports areba umupira ku kirenge cya Rutonesha Hesbone wa Gorilla 

Boubacar Traore wa Rayon Sports yakorewe ikosa ryavuyemo Penaliti

Aha abakinnyi ba Gorilla babazaga impamvu Willy Onana atoranya imipira


Leandre Essomba Onana yinjije neza penaliti, afatanya na bagenzi be kwishimira igitego

Mbirizi Eric (66) asimburwa na Nishimwe Blaise

Onana hagati y'abakinnyi ba Gorilla FC


Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian 'Mbaya' atanga amabwiriza

Gatera Musa, umutoza mukuru wa Gorilla FC

Rutahizamu, Rudasingwa Prince ashaka uko atambutsa umupira

Umufana ukomeye, Mutongolo wababaye bikomeye ubwo Rayon Sports yatsindwaga na SC Kiyovu yari yagarutse

Abafana ba 'Gikundiro' baririmba banacana umuriro




Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze uyu mukino

AMAFOTO: NGABO M. Serge-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND