RFL
Kigali

“Mundekere umuhungu ntimuranahura” Hamisa Mobeto yasubije abibasira umwana yabyaranye na Diamond

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/12/2022 10:17
0


Umunyamideli uri mu bagezweho, Hamisa Mobeto yasabye abantu ko batakomeza kwibasira umuhungu we w’imyaka 5 avugwaho kugereka kuri Diamond Platnumz.



Mu butumwa Hamisa Mobeto yashyize hanze yagize ati: “Sinkunda umuntu uvuga ku bana banjye sinkishoboye kubyihanganira, sinumva ukuntu umuntu mukuru afata umwanya wo kuvuga ku mwana w’imyaka 5.”

Hamisa yongeyeho ati: “Mu meze bantu cyangwa murifuza ko mbafasha iki? Nta muntu n’umwe ndasaba ubufasha bwo kurera abana, mundekere umuhungu ntimuranahura na we ariko mukomeje kumuvuga.”

Akomeza agira ati: “Sinshaka kugirana ibibazo n’uwo ariwe wese kuko sindi umuntu w’umunyamagambo, rero mwituma nifuza kuzahura namwe kandi simwe muhitamo se w’umwana wanjye.”

Hamisa Mobeto avuze ibi mu gihe abantu imyaka ibaye myinshi bavuga ko umuhungu we Dylan yaba ataramubyaranye na Diamond Platnumz, n’ubwo kugeza uyu muhanzi yemeye umwana.

Ibi kandi bikaba atari ibintu biri mu bantu gusa kuko na nyina wa Diamond, Mama Dangote yakunze kugaragaza kudakunda umwuzukuru we ndetse ibintu byakomeje kugora Hamisa ku buryo umwana atajya agaragara ari kumwe na se nk’abandi bana yabyaranye na Zari kimwe na Tanasha.

Hamisa Mobeto yatangaje ko adakunda umuntu umuvugira abana

Hamisa Mobeto n'umuhungu we Dylan Dee

Ibihe byiza aheruka kugirana n'umuhungu we na Hamisa Mobeto hari mu mpera za  2020






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND