RFL
Kigali

Impanuro Fik Fameica na Sat-B bahaye Alyn Sano bakoranye indirimbo ‘Say Less’-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/12/2022 15:56
0


Umuririmbyi Alyn Sano yatangaje ko imyaka ibiri yari ishize ari kugerageza guhuriza Fik Fameica na Sat B mu ndirimbo "Say Less" yasohoye. Ariko ahanini bagiye bakomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19, biturutse ku ngamba zafatwaga birimo nko guhagarika ingendo n’ibindi.



Saa sita zuzuye zo kuri uyu wa Kane tariki 1 Ukuboza 2022, ni bwo Alyn Sano yashyize kuri shene ye ya Youtube amashusho y’iyi ndirimbo ifite iminota 4 n’amasegonda 50’.

Igice kimwe cy’amashusho cyafatiwe muri Uganda, kigaragaza Alyn Sano ndetse na Fik Fameica. Ikindi gice cyafatiwe mu gihugu cy’u Burundi, kigaragaza Sat B.

‘Audio’ yakozwe na Producer Element muri Country Records inononsorwa na Bob Pro n’aho amashusho yayobowe na Sasha Vybz uri mu bakomeye muri Uganda.

Ukurikije uburemere bw’amazina y’aba bahanzi bakoranye na Alyn Sano watekereza ko ari yo ndirimbo ya nyuma uyu mukobwa afungiyeho umwaka wa 2022. Si ko bimeze kuko agifite byinshi byo guha abakunzi be muri uyu mwaka.

Yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo yayitanzeho amafaranga menshi (Ntavuga umubare) kugira ngo irangire. Ariko biramworohera bitewe n’uko aba bahanzi bari basanzwe bamuzi, kandi bamufata nka mushiki wabo mu rugendo rw’umuziki nk’ababarizwa muri EAC.

Uyu mukobwa yavuze ko muri Gicurasi 2022 ari bwo bafashe amashusho y’iyi ndirimbo. Bitewe n’uko aba bahanzi bari mu bihugu bitandukanye, yasanze kubahuriza hamwe bitamushobokera ahitamo kujya muri Uganda aho Fik Fameica abarizwa.

Alyn avuga ko iyi ndirimbo ari ikimenyetso gishimangira ibyo amaze iminsi avuga ko ashaka kugeza umuziki ku rwego Mpuzamahanga.

Ati “Urabizi njya nkunda kubivuga. Njyewe mfite inzozi zo kutaba umuhanzi wo mu Rwanda gusa, mfite inzozi zo kugera ku rwego Mpuzamahanga kandi ijya kurisha ihera ku rugo.

Ikindi kandi ntabwo maze imyaka micye mu muziki, imyaka ine ntabwo ari imyaka micye ni uko nanjye iterambere ryanjye risa n’iryadindiyeho gato ugereranyije n’iry’abaza ubu ngubu, ariko nanjye ntabwo ndi muto cyane mu muziki cyangwa no mu myaka cyangwa mu bikorwa.”

Akomeza ati “Rero naravuze nti ni gute natangira kwagura inzozi ko nshaka kugera ku rwego Mpuzamahanga nabigenza nte ndavuga nti reka mpera aho umuntu ashobora kwishyikira muri EAC n’ubwo nabyo bigoye. Rero ntekereza abahanzi bagiye bakomeye kandi mbona twajyana muri iyo ndirimbo.”

Alyn Sano yavuze ko yabashije kugera kuri aba bahanzi abifashishijwemo na Dj Pius, Aristide n’abandi.

Uyu mukobwa yavuze ko Fik Fameica yamugiriye inam zirimo kugira ikinyabupfura, kwirinda icyatuma buri wese amutakariza icyizere kandi akagira ubuzima buzima.

Ati “Ugomba kugira ubuzima bwiza. Kandi ukirinda ikigare, ntukore ikintu kubera ko abandi bagikoze muri studio. Ugasanga ubuzima bwawe buragana habi. Kandi burya umuhanzi n’ubwo abantu bamubona nk’uw’iki gihe ariko umuhanzi ni uw’ahazaza kurusha uko ari umuntu w’iki gihe.”

Yavuze ko Fik Fameica adakozwa ibyo kunywa inzoga n’ibiyobyabwenge. Kandi ni umuraperi ukomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Uyu mukobwa yavuze ko kuva yatangira gukorana na Sat B byarenze akazi ahubwo amubera inshuti yo mu buzima bwa buri munsi.

Ngo yamugiriye inama zirimo kwagura umubano we n’abandi bahanzi, gukora cyane no kudakorana n’umuhanzi kubera ko afite izina rinini, ahubwo yakabaye ashingira ku mpano uwo muhanzi afite.

Ati “Ni ibintu mfata nk’iby’igiciro kinini cyane kuri njye. Kuba mbona basaza banjye nasanze mu muziki ari abantu dukoranye indirimbo. Kandi ari abantu bangira inama, kandi nanjye nkumva y’uko ari ikintu gikomeye kuba nakurikiza izo nama.”

Bizimana Aboubakar Karume wamenyekanye nka Sat-B ni umuhanzi w’umwanditsi w’indirimbo akaba n’umubyinnyi wo mu gihugu cy’u Burundi.

Ni we washinze inzu y’umuziki ifasha abahanzi ya Empire Avenue. Yavukiye kandi akurira mu Mujyi wa Bujumbura, ubu yujuje imyaka 32 y’amavuko.

Uretse kuba yarakoranye indirimbo na Aly Sano asanzwe azwi mu ndirimbo zirimo nka ‘Beautiful’ yakoranye na Meddy, ‘Imodokari’, ‘Dawa’, ‘Your Day’ n’izindi.

Walukagga Shafik wamenyekanye mu muziki nka Fik Fameica, ni umuraperi w’umunya-Uganda benshi bazi ku izina rya Fresh bwoy.

Kuva mu 2015 impano ye yaratangariwe cyane, ahanini binyuze mu ndirimbo ‘Pistol’ yakoreye muri Black Man Town Music Label ya Geosteady.

Umwibuke mu ndirimbo zirimo nka ‘Salawo’, ‘Mbega wa Bbaala’ n’izindi. Yujuje imyaka 26 y’amavuko, kandi aherutse gutangaza umushinga w’indirimbo 'Deep' yakoranye na Bruce Melodie.


Alyn Sano yatangaje ko kuva mu 2020 yatangiye gukora kuri iyi ndirimbo mu murongo yihaye wo kugeza umuziki we ku rwego mpuzamahanga 


Sat-B yabwiye Alyn Sano kudakorana indirimbo n’umuhanzi kubera ko afite izina rikomeye, ahubwo kujya anashingira ku mpano y’uwo muhanzi 

Fik Fameica yabwiye Alyn Sano gusigasira izina rye nk’umuhanzi no kwirinda ikigare cyatumye adakurikira inzozi ze

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SAY LESS’ YA ALYN SANO, FIK FAMEICA NA SAT-B







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND