Nyuma y’uruzinduko rw’abadepite rwamaze iminsi 14, bagaragaje ibibazo bahuye nabyo mu Mirenge uko ari 12 igize aka Karere. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse ashimangira ko hagiye kurebwa uko abarimu batize uburezi bafashwa mu rwego rwo kugira ngo hakomeze gutangwa uburezi bufite ireme.
Mu muhango wo gusoza ku mugaragaro uruzinduko rw’iminsi
14 Abadepite bagiriraga mu Karere ka Rubavu ku nshuro ya Kabiri, kuri uyu wa
Gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022 kubiro by’Akarere ka Rubavu, bagaragaje
ibibazo bahuye nabyo ndetse bakira
ibitekerezo bitandukanye byatanzwe n’inzego zitandukanye z’abayobozi mu Karere ingabo
na Police.
Muri ibi bibazo aba badepite bahuye nabyo harimo n’ibibazo by’abarimu bashya mu burezi badafite amahugurwa, ndetse n’ikibazo cy’ikoranabuhanga mu burezi n’iminara idakora neza.
Mu rwego rwo gusubiza iki kibazo n’uko kigiye
gukemurwa, umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yatangaje ko hari
abarimu batize uburezi ndetse ntibabone n’amahugurwa, avuga ko bigiye gukurikiranwa.
Ati: “Babivuze muri rusange, hari abarimu batize
uburezi ndetse batanabonye amahugurwa abafasha
kunoza akazi kabo neza nk’abarimu, ibi nabyo ni ugukorana na Minisiteri y’Uburezi
kuko iyo gahunda irahari kugira ngo tubiteho by’umwihariko, ubundi icyo kibazo
kitazongera kugaragara”.
Iki kibazo cy’abarezi batize uburezi ntibabone n’amahugurwa
kimwe n’ikibazo cy’ikoranabuhanga rikiri rike n’aho riri ntibarikoreshe neza, bigiye
kwitabwaho n’ubuyobozi bw’Akarere ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi nk’uko
byatangajwe n’umuyobozi w’Akarere, Kambogo Ildephonse.
Uru ruzinduko rw’akazi itsinda ry’abadepite mu Nteko
ishinzwe amategeko rwasojwe bagaragaza ibyavuye mu Mirenge 12 igize aka Karere,
bibanda ku bikorwa by’iterambere bifasha abaturage bo mu byiciro byihariye muri
gahunda ya Guverinoma. Ni uruzinduko rwatangiye tariki 17 Ugushyingo kugeza
tariki 30 Ugushyingo 2022.
TANGA IGITECYEREZO