RFL
Kigali

Mu ndirimbo nshya, Clarisse Karasira yazirikanye umubyeyi wabaye urufatiro rw’umuziki we-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/12/2022 10:30
0


Mu buzima bwa buri munsi, buri wese agira umuntu wabaye urufatiro rwatumye hari aho ageze. Hari abibuka gushimira abo bantu, hari n’abandi babirenza ingohe. Ariko kandi biragoye kubona icyo wakwitura uwo muntu.



Abahanga mu mibanire bavuga ko ijambo “Murakoze” cyangwa se ‘Mwarakoze’ rigera ku ndiba y’umutima kurusha ibya mirenge wakwitura uwo muntu, cyane ko kenshi ushobora no gusanga mu bushobozi akurusha.

Abahanzi n’abasizi bo biraborohera, kuko bifashisha inganzo bakumvikanisha uruhare rw’uwo muntu mu buzima bwabo. Hari abahitamo kumuvuga mu izina cyangwa se bagakoresha irindi zina, ariko risobanura neza uwo muntu yashakaga kuririmba.

Ubwo yasohoraga indirimbo ‘Mama Tabita’, Clarisse Karasira usigaye akorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko mu buzima hari abantu banyuranye babaho ubuzima bwitangira abandi muri sosiyete cyangwa ahandi.

Abo bantu barangwa n’impuhwe, imbabazi, ndetse bagakora uko bashoboye kose ngo bagabanye akababaro n’ibibazo mu bantu. Ati “Turabazi kandi tubana nabo umunsi ku munsi.”

Uyu muhanzikazi avuga ko ‘Bene aba bantu kandi usanga badakora ibi kuko bafite ubushobozi bwinshi’.

Akungamo ati “Ndetse kenshi na kenshi usanga nabo bakwiye gufashwa, ariko ibi ntibibabuza kwitangira abandi.”

Yabwiye InyaRwanda ko indirimbo ye yise ‘Mama Tabita’ yashibutse muri we mu ntangiriro za 2020 nyuma yo gusubiza inyuma intekerezo akibuka umubyeyi w’intangarugero, wabaye urufatiro rw’ubuzima bwe n’umuziki uyu munsi akora.

Clarisse yavuze ko amazina asanzwe y’uyu mubyeyi atari Tabita, ahubwo yaje gusanga ubuzima bwe buhuye n’ubwa Tabita uvugwa muri Bibiliya wafashaga abantu cyane.

Yavuze ati “Nasanze ubuzima bwe bumeze nk'ubwa Tabita uriya wo muri Bibiliya. Hanyuma rero indirimbo nyihimba uko.”

Uyu muhanzikazi avuga ko hari benshi babayeho ubuzima nk'ubwa Tabita yaririmbye, ko uyu ahagarariye abo bose yamenye n'abandi atamenye. Avuga ko yagiye mu nganzo ahimba iyi ndirimbo ashingiye ku mibereyo y'uwo mubyeyi.

Ati "Uwo mubyeyi rero ni umubyeyi ufite igisobanuro kinini mu buzima bwanjye cyane. Singiye kumuvuga ariko ni umubyeyi n'iyo mutekereje numva ibyishimo binsaze cyane, nkanarira."

Yavuze ko uyu mubyeyi ari we wamujyanye mu itorero, amujyana mu muziki no mu bandi. Muri iryo torero bigishaga abana kubyina, kuvuza ingoma, ubukorikori n'ibindi. Ati "Amfata ukuboko, akajya ampa indangururamajwi nkaterera itorero."

Clarisse avuga ko uyu munsi akora umuziki ‘kubera uruhare rw’uyu mubyeyi’. Ati “Kuba ndi n’umuhanzi yabigizemo uruhare cyane. Kuba yarumvishe ko impano yanjye igomba gukura ndirimba yabigizemo uruhare. Rero yari umuntu witanga cyane."

"Yaritangaga pe pe cyane kuko n'abantu bose bamuzi, n'ubu ngubu bashobora kuba bumvishe nk’iyi ndirimbo bagahita bamenya uwo ndi kuvuga, kubera uburyo nyine yari ameze. Yari umuntu witanga kandi adafite ibya mirenge.”

Ashimangira ko uyu mubyeyi yabayeho ubuzima bw'urugero, afasha abarwayi, ahimba indirimbo z'amakorali, yitangira buri wese uko ashoboye.

Kuva yagera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Clarisse Karasira amaze gushyira ahagaragara indirimbo zirimo nka nka 'Mama wa Africa', 'Yewe Africa', 'Kazeneza' yahimbiye imfura ye, 'Ubuntu' ari kumwe n'ababyinnyi b'i Burundi.

Iyi ndirimbo ‘Mama Tabita’ yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Foda, naho amashusho yatunganyijwe na Fefe Faith. Yagizwemo uruhare kandi n’umusizi Tuyisenge Olivier, ndetse na Sylvain Dejoie, umugabo wa Clarisse. 

Clarisse Karasira yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye yise ‘Mama Tabita’ 

Clarisse yavuze ko umubyeyi yahaye izina rya Tabita yasanze ahuje imyitwarire na Tabita uvugwa muri Bibiliya 

Clarisse avuga ko mu ntangiriro za 2020 ari bwo yagiye mu nganzo yandika kuri uyu mubyeyi wamubereye urufatiro rw’umuziki we

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MAMA TABITA’ YA CLARISSE KARASIRA

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND