RFL
Kigali

Abashakanye: Menya ibyo utari ukwiriye kongera kurebaho mu gihe wamaze gushakana n’umukunzi wawe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:1/12/2022 10:43
0


Urukundo rugeze mu mahina, wafashe umwanzuro. Uwo wihebeye, uwo umutima wawe wifuza wamaze kumugeza mu rugo rwawe. Byose byageze ku iherezo. Igisigaye urasabwa kumwitaho nawe ukiyitaho, kubw’ejo hazaza hanyu. Muri iyi nkuru turagaruka ku bintu wari ukwiriye kujugunya inyuma y’umutima wawe.



Mu rukundo habamo epfo na ruguru, habamo hirya no hino. Ibi bishatse kuvuga ko mu rukundo habamo ibyiza n’ibibi. Rero mugabo / mugore, urasabwa kwirinda ibintu bishobora kugusenyera, byaba byiza, byaba bibi. Urasabwa kwirinda cyane.

Hari byinshi ushobora gusubizamo amaso, ugahita usubiza iwabo uwo mwashakanye. Ariko ni cyo gihe? Ese ubwo ntiwaba warakererewe? Reka tubirebere hamwe.

1. Ntabwo ukwiriye kongera kureba ku mabi ye yakoze mbere y’uko mubana (Her Imperfections).

Birashoboka ko wamuzanye afite ibibi byinshi yakoze. Wenda yari afite abandi bakundanye batari wowe, basangira igihe bari kumwe. Uwo mubana, yafashe umwanzuro wo kubasiga kuko batabashije kumwuzurira ibyiyumviro n’ibyifuzo aragusanga.

Wowe rero ntabwo ukeneye gusubiza amaso inyuma ngo ubisubiremo, fata umwanya wawe ubyikuremo, ubivemo umuhe umutima nk’uko nawe yawuguhaye kandi bizakubera byiza, gusa ibi uzabikora mu gihe udashaka gusenya urugo rwanyu.

2. Ese ko atameze nka runaka mu gitanda?

Iri ni ikosa rikomeye cyane, ni ikibazo gikomeye cyane ndetse ni icyaha kubashakanye. Niba wifitemo umwuka ukubwira gutyo wamagane hakiri kare rwose, ikintu ukeneye ni ukumenya ko wowe n’umutima wawe mwakiriye umuntu mufite aho ubundi ukiga kunyurwa 100%. Buri muntu yakubera mwiza mu gitanda kandi ni wowe ubigiramo uruhare.

3. Ntabwo ukwiriye kumugenzura.

Ntabwo bikwiriye ko ufata umwanya ngo ugenzure umudamu wawe cyangwa umugabo wawe ushaka kumenya abo bari kumwe, abo bagendana ,… Ibi bizakubera ikibazo gikomeye kuko ushobora kuzahura n’ubutumwa yewe bwa cyera, ariko bukakurakaza mpaka mutandukanye. Ntabwo ari byiza ko ujya muri telefoni ye,…. ugamije kumugenzura.

Mwarashakanye muhe umwanya, umwizere, umukunde, ubundi umwiteho kurushaka abandi utekereza ko bamukeneye.

Niba ushaka kwikubira umuntu mukundana wowe wenyine, urasabwa kumukunda cyane kurenza abo bandi bamukeneye kuko ni mwiza kandi anyura ahantu hari abantu bamubona. Ikintu ukeneye cyane ni ukumenya ko umukunda kubarusha, bitari mu magambo ahubwo mu bikorwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND