RFL
Kigali

Ndayizeye ‘Nick’ uzwi muri sinema yasobanuye filime ye ya mbere yise ‘Kigali Drama’-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/11/2022 11:24
0


Umukinnyi wa filime Ndayizeye Emmanuel wamenyekanye muri filime nka Nick, yatangiye gushyira ahagaragara filime y’uruhererekane ye bwite yise “Kigali Drama” igaruka ku ngingo zitandukanye z’ubuzima, mu rwego rwo kubyaza umusaruro ubumenyi yavomye muri sinema.



Uyu mugabo arazwi cyane kuva mu myaka 12 ishize yeguriye ubuzima bwe gukina filime. Yagize izina rikomeye abikesha filime zirimo ‘City Maid’ yatambukaga kuri Televiziyo Rwanda (RTV), aho yari umwe mu bakinnyi b’imena.

Muri iki gihe yatangiye urugendo rwo kwitunganyiriza filime ze. Ni nyuma y’uko agaragaye muri filime nyinshi, kandi bikamusigira ubumenyi n’agatubutse.

Yabwiye InyaRwanda ko filime ari ubuzima bwe bwa buri munsi cyo kimwe n’abandi, kuko kenshi iba ishingiye ku nkuru z’ubuzima abantu banyuramo, ibyabanje, ahazaza, ibyo kwitega n’ibindi bitandukanye byubakira ku nkuru zisiga amasomo.

Filime ye yise ‘Kigali Drama’ amaze iminsi ayitambutsa kuri shene ya Youtube yitwa ‘Net 250’. Ati “Urebye neza uko agace gatangira n’uko karangira, ubutumwa cyangwa inyigisho dutanga ihita igaragara. Rero ni ukwibutsa abantu ko bahinduka mu buryo bumwe cyangwa ubundi, bitewe n’ubutumwa tuba twatanze.”

Yunganirwa na Cobby utunganya amashusho y’iyi fiilime uvuga ko “Dukina ubuzima bw'abanyafurika bwa buri munsi butandukanye ariko mu rwego rwo kwigisha, kugira ngo abantu babone inyigisho kandi ziciye mu mashusho, niyo mpamvu tubikora gutya."

Avuga ko yibanda ku bibera mu ngo, ubucuruzi n'ibindi bituma buri wese yibona muri filime. Kuri we, avuga ko buri gace k'iyi filime kaba gafite inyigisho yihariye.

‘Nick’ yakomeje avuga ko yahisemo abakinnyi bakina muri iyi filime ashingiye ku rukundo bagaragariza sinema. 

Ati “Uko turimo twese dukunda umwuga wa sinema. Nkanjye by’umwihariko nyimazemo igihe kinini, guhera mu mwaka wa 2010.”

Iyi myaka 12 ishize ari muri sinema ayisobanura nk’idasanzwe ku rugendo rwe rwa sinema, kuko yagaragaye muri filime nyinshi zamwaguriye izina anegukana ibihembo.

Mu 2016 yegukanye igikombe cya ‘Best People Choice’, naho mu 2019 atwara igikombe cy’umukinnyi mwiza w’umwaka ‘Best Actor of the year’.

Ndayizeye cyangwa se Nick avuga ko kimwe mu bintu bimushimisha ari uguhura n’umuntu ‘ntazi akaba arambwiye ngo narakoze gukina ku buzima bwe kandi byatumye ahinduka’.

Ati “Rero nta mugisha uruta uwo. Ndabikunda kubi, rero nyuma y’ibyo nkaba n’intore kuva cyera. Nkaba umuhanzi n’ibindi nishimira ko hari abakunda ibyo dukora.”

Kugeza ubu, amaze gushyira hanze uduce (Episode) 18. Harimo utwigisha urubyiruko kwitwararika muri byinshi banyuramo, n’utundi dukomoza kubibaho muri sosiyete.

‘Nick’ asanzwe ari umuhanzi ukoresha izina rya Nick Dimpoz. Azwi mu ndirimbo zirimo nka 'Ngera', 'Ngwino Mana', 'Maria’, 'Bwiza bwirabura', 'Vitamin', 'Uzaba umbwira', ‘Urwakera' n'izindi.

Ndayizeye Emmanuel ‘Nick’ yatangaje ko yatangiye gukora kuri filime ze bwite, ahereye kuri ‘Kigali Drama’


Lucas, asanzwe ari umukinnyi wa cinema nyarwanda uri mu batanga icyizere


Ganza ugaragara muri filime ‘Kigali Drama’ ya Nick Dimpoz

Nelly, umukinnyi wa filime unagaragara mu ndirimbo z’abahanzi bakomeye


Tonny, umwe mu bakinnyi b’imena muri iyi filime ‘Kigali Drama’


Ricky Ozil, umukinnyi wa filime ubimazemo igihe kinini


Swalla, umukinnyi wa filime akaba n’umuhanzikazi uzwi mu ndirimbo nka ‘Bikuvunira iki’


Yvette, umukinnyi wa filime wagiye uhurira na Nick muri filime zirimo nka ‘Igikomere’, ‘City Maid’ n’izindi 

Elisha The Gift, umuhanzi wahatanye muri East Africa’s Got Talent, muri iki gihe yinjiye mu gukina filime    

Cobby ufata amashusho akanayatunganya. Yakoze kuri filime zitandukanye zo mu Rwanda 

KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA CYA FILIME ‘KIGALI DRAMA’ YA NICK

">

NICK AHERUTSE GUSOHORA  AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YISE 'MARIA'

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND