RFL
Kigali

Filime imwe muri 75 zizerekanwa izahembwa miliyoni 1 Frw: Mashariki irarimbanyije

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/11/2022 12:30
0


Kuva ku wa 26 Ugushyingo 2022, iserukiramuco rya Mashariki African Film Festival (MAAF) riri kubera mu Rwanda ryizihiza ku nshuro ya munani, aho insanganyamatsiko y’uyu mwaka yubakiye kuri “Afrofuturism.”



Ryafunguwe ku mugaragaro n’umugoroba wabereye kuri Century Cinema, witabiriwe n’abarimo Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam ndetse na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula ari nawe watangije ku mugaragaro iri Serukiramuco.

Amb. Ron Adam ari kumwe na Minisitiri Ingabire Paula bakiriwe n’umuyobozi mukuru wa Mashariki African Film Festival, Trésor Nsenga.

Mu bandi bitabiriye iri serukiramuco ku munsi wa mbere harimo kandi n’abakora bakanategura filime bo mu Rwanda ndetse n’abo mu mahanga, hamwe n’abashyitsi batandukanye baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku Isi, bose bakaba bari baje kwizihiza sinema ifatwa ‘nk’ururimi n’umuco’.

Nyuma yo guha ikaze abashyitsi, Trésor Nsenga yatangarije abari bitabiriye iri serukiramuco ibintu by’ingenzi bizakorwa muri iki gihe cy’icyumweru iri serukiramuco rigiye kumara riba.

Tresor yavuze ko hazerekanwa filime zirenga 75 ziri mu irushanwa. Ni mu gihe ubundi bakiriye filime 778. Ati “Twashoboye guhitamo filime 75 gusa, nazo zikaba ziri mu byiciro bitandukanye.”

Hari icyiciro cya filime ndende (Long Feature), filime ngufi (Short Feature) na filime mbarankuru (Documentary filime).

Muri izi filime zizerekanwa, harimo filime zo mu Rwanda. Inyinshi muri zo zikaba ari izakozwe n’abanyeshuri bari mu mushinga wiswe ‘Tumenye Sinema Project’.

Uyu ni umushinga wa Mashariki African Film Festival (MAAF) uterwa inkunga n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (European Union).

Kugeza ubu Mashariki African Film Festival ikaba ifite abanyeshuri mu turere tune (4); Rubavu ho mu Ntara y'Iburengerazuba, Akarere ka Muhanga ho mu Ntara y’Amajyepfo, Akarere ka Huye ho mu Ntara y’Amajyepfo, n’akarere ka Musanze ho mu Ntara y’amajyaruguru.

Nsenga Tresor ashima abafatanyabikorwa b’iri serukiramuco, komite y’abagize Akanama Nkemurampaka karimo abanyaburayi, abanyamerika, abo mu Bubiligi, abanya-Canada, abo muri Asia n’abanyarwanda bazahuza imbaraga mu kugaragaza filime zahize izindi.

Firime z’aba banyeshuri nazo zizajya mu marushanwa, ndetse mu isozwa ry’iri serukiramuco ku wa Gatanu tariki 02 Ukuboza 2022 nibwo izizaba zatsinze zizahabwa ibihembo.

Muri rusange Filime izaba iya mbere izahembwa amayero igihumbi 1.000 €, ni ukuvuga arenga miliyoni 1 Frw.  Filime ‘La Gravite’ yakozwe n’umunyafurika Cedrick Ido, niyo yerekanywe mu rwego rwo gutangiza iri serukiramuco.

Yabaye filime Nyafurika ya mbere ndetse ikaba ari iya kabiri Cedrick Ido akoze, nyuma y’indi yitwa ‘La Vie’.

Ifite icyo yigisha abanyafurika muri rusange n’abanyarwanda by’umwihariko bakora sinema kuko ivuga uko Afurika izaba imeze mu minsi iri imbere, hagamijwe cyane kuva ‘ku rwego rumwe tujya ku rundi rwego’.

Iyi filime kandi ivuga ku bintu bibiri by’ingenzi: Ivuga ku buzima bwo mu mujyi aho usanga buri umwe wese aba afite amakenga no guca ibico.

Inavuga kandi ku buzima bubi abantu babayeho ku buryo batanafite uko bakwigobotora ngo bave mu gace batuyemo, kabaswe n’ubugambanyi n’urugomo rukabije (imirwano ya kinyamaswa).

Icya kabiri iyi filime ikaba yarakomatanyije ibintu by’ukuri, bishingiye ku biriho n’ibintu bigaragara nk’ibidasanzwe.

    

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na inovasiyo, Ingabire Paula mu muhango wo gutangiza iri serukiramuco ku mugaragaro 

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam ni umwe mu bitabiriye itangizwa ry’iri serukiramuco 

Umuyobozi mukuru wa Mashariki African Film Festival, Trésor Nsenga avuga ko hari byinshi byagendeweho mu guhitamo filime zizerekanwa 


Amb. Ron Adam ari kumwe na Minisitiri Paula Ingabire 

Minisitiri Paula ari kumwe na Trésor Nsenga 

Amb. Ron Adam ari kumwe na Trésor Nsenga 

Malik Shaffy Rizinde washinze Umuryango Kina Rwanda ari kumwe na Amb. Ron Adam 

Bamwe mu bitabiriye iri serukiramuco basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu rwego rwo kwiga amateka













TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND