RFL
Kigali

Eddy Kenzo yatangaje ko ahazaza h’umuziki we ari umukobwa yabyaranye na Rema Namakula

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:29/11/2022 13:38
0


Edrisah Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo uri mu bahataniye Grammy Awards, yatangaje ko yizera ko umukobwa we ari we uzasohoza ibigwi by’umuryango mu muziki.



Uyu mukobwa wa Kenzo witwa Aamaal Mussuza asanga azamukorera mu ngata, agakomeza gukora umuziki.

Ibi yabitangaje mu kiganiro ubwo yabazwaga niba abona umwana yabyaye azayoboka inzira y’umuziki, asubiza agira ati: “Ntekereza Aamaal.”

Nk’uko Kenzo abitangaza, Aamaal afite ijwi ryiza kandi yifuza kuzamufasha kurinoza biruseho ati: “Nifuza kuzamubera umujyanama kuko nkunda aka kazi, ndi uwo ndiwe uyu munsi kubera umuziki ni umugisha.”

Gusa na none yavuze ko nk’umubyeyi, ibyo umwana we wese yakifuza azagerageza kubimushyigikiramo uko byaba bimeze kose. Kuba kandi Aamaal yayoboka umuziki ntibyaba ari agashya, kuko uyu mukobwa avuka ku babyeyi bombi b’ibihangange muriwo.

Aamaal Mussuza akaba ari umukobwa wa Kenzo n’uwahoze ari umukunzi we, Rema Namakula, uri no mu bahanzikazi bahagaze neza mu Karere.

Na none ariko ni kenshi abahanzi usanga babyarana abana, ugasanga bakurikiye ibirenge byabo nabo bakaba abanyamuziki kakahava.

Nko muri Uganda hari nk’abana b’abahanzi nabo bamaze kwinjira mu muziki, barimo Allan Hendrick Ssali umuhungu w’imfura wa Bebe Cool, Baby Gloria umukobwa w’umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Betty Nakibuuka.

Hari kandi na Abba Marcus Mayanja, umuhungu w’imfura wa Jose Chameleone.

Eddy Kenzo yatangaje ko yishimira ijwi ry'umukobwa we, bityo yiteguye kumufasha gukora umuzikiRema Namakula ni we nyina wa AamaalAamaal ari mu myaka 8 kuko yabonye izuba mu mwaka wa 2014

Aamaal ashimwa na se Eddy Kenzo akavuga ko asanga ari we uzagumana ibigwi by'umuryango mu muziki

Rema Namakuula n'umukobwa yabyaranye na Eddy Kenzo 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND