RFL
Kigali

Birica! Dore ingaruka zo kuryamira

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:29/11/2022 10:16
0


Kuryama ugaheza, ukamara igihe kirekire utitaye ku yindi mirimo bigira ingaruka mu buryo butandukanye. Mu by’ukuri muri iyi nkuru, tugiye kurebera hamwe ingaruka zo kuryamira.



Kuryama amasaha menshi mu ijoro, bikorwa cyane na buri wese bitewe n’impamvu ye bwite. Ibi n’ubwo bikorwa n’abantu batandukanye, ariko bigira ingaruka zikomeye cyane ku buzima.

Ese ni iyihe ngano y’amasaha umuntu aba agomba kuryama?

Urubuga rwitwa ‘Sleepfoundation’ rugaragaza ko umuntu mukuru aba asabwa byibura kuryama amasaha 7 kugeza ku 9  buri joro, mu gihe abana ndetse n’abandi bakiri bato baba basabwa kuryama byibura amasaha 7 kugeza 8 buri joro.

Bivugwa ko umuntu yaryamiriye iyo yaryamye amasaha arenze 9 mu gihe cy’umunsi, ni ukuvuga mu gihe cy’amasaha 24 nk’uko iki kinyamakaru gikomeza kibitangaza.

Mu ngaruka nyamukuru zo kuryamira harimo; Kuba warwara indwara ya Diabete, indwara y’umutima ndetse n’izindi ndwara zitandukanye zigeza ku rupfu.

Ubushakashatsi bwakozwe bugira abantu inama yo kuryama amasaha agenwe, yarenga ntibibe igihe cyose cyangwa ntibigirwe akamenyero.

Ubusanzwe iyo umuntu yaryamye amasaha menshi hari ubwo yica akazi ke, cyangwa abo bari bafitanye gahunda bakinubira ko zapfuye. Ibi biragaragaza ko kuryama amasaha menshi atari byiza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND