RFL
Kigali

Yashinjwe kwivugana King Abdullah: Amateka ya Prince Mohamed uri mu batinyitse isi ifite

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:30/11/2022 16:38
0


Igikomangoma cyo mu Bwami bwa Saudi Arabia akaba na Minisitiri w’Intebe, Mohamed bin Salman uzwi nka MBS, wazanye amavugurura adasanzwe biciye mu guhana yihanukiriye, wanashinjwe kwivugana Umwami Abdullah, Umunyamakuru Jamal Khashoggi n’abandi; ari mu bagabo b’ibikomerezwa mu Isi.



Yabonye izuba kuwa 31 Kanama 1985. Ni umwana w’Umwami wa Saudi Arabia, Salman bin Abdulaziz ku mugore wa gatatu, Fahda bint Falaj Al Hithlain.

Fahda akomoka mu bwoko bwa Al Ajman bwagiye buzonga u Bwami, aho mu 1915 bagiranye ibibazo bikomeye byanaguyemo se wabo wa Salman.

MBS ni we mfura mu bana batandatu b’Umwami Salman na Fahda, ni umwana kandi wa munani mu muryango wose ndetse n’uwa karindwi mu bahungu b’uyu mwami.

Yize amasomo y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu mategeko yakuye muri Kaminuza ya Kinga Saud.

Nyuma yo gusoza Kaminuza, MBS yatangiye gukorera igihugu mu buryo bw’ibanga mbere y’uko atangira kugaragara mu bikorwa bitandukanye, ari kumwe na se.

Ku myaka 24 yinjiye muri politike, hari mu mwaka wa 2009, nk’umujyanama wihariye wa se.

Mu mwaka wa 2011 nyuma y’urupfu rwa Sultan bin Abdulaziz wari unafite ikamba ry’u Bwami, se wa MBS yahise amusimbura mu nshingano nk’Uwungirije Minisitiri w’Intebe na Minisitiri w’Ingabo.

Muri Kamena 2012, Nayef bin Abdulaziz nawe yitabye Imana, bituma se wa MBS yongera kuzamuka mu ntera. Icyo gihe MBS we wari Umujyanama wihariye wa se, yabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Kuwa 23 Mutarama 2015, Umwami Abdullah yaratanze maze se wa MBS yima ingoma, byanatumye umuhungu we w’Igikundiro, MBS, azamurwa mu ntera agirwa Minisitiri w’Ingabo n’Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko rw’u Bwami.

Yahise atangira guhangana n’ibibazo bitoroshye bya politike byari byaratangiranye n’umwaka wa 2011, byari bikomereye Yemen cy’umutwe w’inyeshyamba za Houthis zaturitsaga ibisasu mu bice binyuranye, byiganjemo ibyo mu Majyaruguru y’iki gihugu.

Muri Werurwe 2015, ku itegeko rya MBS, Saudi Arabia yatangiye gutanga umusanzu muri Yemen ihangana bikomeye n’inyeshyamba za Houthi, ibi bikaba byarakozwe ntakugisha inama undi muntu muri Guverinoma ya Saudi Arabia, MBS ku giti cye yifatiye umwanzuro.

Ibyari intambara kuri MBS yumvaga izamara igihe gito, byaje kurangira bifashe igihe. Nyuma yo kubona uburyo inyeshyamba n’imitwe y’iterabwoba iri gufata intera, yatangije ihuriro rya gisirikare ryo kurwanya ibyihebe, ibintu bitari bimenyerewe mu bihugu bya k’Islam.

Ibihugu bigera kuri 41 byashyigikiye icyemezo cya MBS cyo gutangiza ISIL [Islamic Military Counter Terrorism]. Kuwa 21 Kamena 2017 ni bwo yimitswe nk’Igikomangoma gishobora gusimbura Umwami mu gihe icyo ari cyo cyose, ikamba yambuye Muhammad bin Nayef.

Ubwo yimikwaga yatangiye gukorana bya hafi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, by’umwihariko Perezida Donald Trump wamuhamagaye amurata amashimwe.

Mu kiganiro cyo muri Mata 2017 MBS yagiranye na The Washington Post, yavuze ko iyo bitaba Umuco w’Abanyamerika wagize uruhare mu buryo Saudi Arabia imeze, iki gihugu kiba ari nka Koreya y’Amajyaruguru.

Muri Gicurasi 2017, MBS yatangaje ikintu gikomeye ati: “Ndabahamiriza ko nta muntu n’umwe uzigera acika icyaha kirebana na ruswa, yaba Igikomangoma na Minisitiri.”

Bidatinze yatangiye gushyira mu bikorwa ibyo yari yavuze, Ibikomangoma 40, Abanyemari 200 n’Abaminisitiri batawe muri yombi bazizwa kunyereza umutungo.

Mu batawe muri yombi bikagaragaza ko MBS atajenjetse ku ijambo yavuze, barimo Igikomangoma Mutaib bin Abdullah wari ukuriye Ingabo zirinda abo mu Bwami, Minisitiri w’Ubukungu Adel Fakeih n’Umugaba w’Ingabo zirwanira mu mazi, Admiral Abdullah bin Sultan bin Mohammed Al Sultan.

Iki gikorwa cyiswe ijoro ryo gukubitwa ‘Beating Night’ aho bamwe bakubiswe, abandi bashyirwa ku kandoyi baratotezwa bikomeye n’Inzego z’Ubutasi za Saudi.

Mu ibazwa ry’aba bagabo b’ibikomerezwa, hatangajwe ko basabwaga kugaruza amafaranga babikije muri za banki zirimo iza Geneva, byaba na ngombwa aba bagabo bagasaba ko yakoherezwa mu ma banki y’imbere mu Bwami bwa Saudi Arabia.

Ibi ntibyabashije kugerwaho kuko bamwe batari barabikije mu buryo bw’amafaranga byari ahubwo mu buryo bw’amabuye y’agaciro.

Ibyakozwe na MBS ntibyanyuze ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuze ko ari iyicarubozo, ihohoterwa no gutoteza bikabijhe. 

Ku bari bakomeje kubazwa bo ntibari bemerewe kuryama, bari bapfutse ku maso kandi bakubitwa bikabije.

Nyuma y’igihe, 17 boherejwe mu bitaro abandi bajya gufungirwa muri gereza ya Al-Ha’ir iri mu zikomeye kandi zifite umutekano wo hejuru, abandi bararekurwa ariko bangirwa kugira ingendo zo hanze bakora.

Ibi byashimishije byo mu rwego rwo hejuru Umwami Salman, aterwa ishema n’Umuhungu we w’Igikundiro, MBS n’Umujyanama we wihariye.

Abasesenguzi mu bya politike bagaragaje intwaro ya MBS yo guta muri yombi n’abarimo Ibikomangoma, ko ari kimwe mu bintu bikomeye byereka abantu bose ko icyaha icyo ari cyo cyose n’uwagikoze wese ashobora guhanwa isaha ku isaha, kandi mu buryo bubi.

Ibyo MBS yakoraga byahawe umugisha n’abiganjemo urubyiruko ariko bizana igitotsi mu bakuze, aho 9 mu 10 bari hagati y’imyaka 18 na 24 bemaranyaga ijana ku ijana n’ibyo MBS yarimo cyane mu mavugurugura agamije guhangana na ruswa.

N’ubwo bwose Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yatangiye itumva ibikorwa na MBS, Perezida Donald Trump abinyujije kuri Twitter yagaragaje ko ashyigikiye ibiri gukorwa mu Bwami bwa Saudi Arabia. Ati: “Mfitiye icyizere Umwami Salman n’Igikomangoma MBS, bazi neza ibyo bari gukora.”

Kuwa 30 Mutarama 2019, Guverinoma yemeje itegeko ryo gutangiza Komite Ishinzwe kurwanya ruswa muri Saudi Arabia.

Kuwa 27 Nzeri 2022, MBS yagizwe n’Umwami Salman Minisitiri w’Intebe, umwanya ubundi wabaga ufitwe n’Umwami mu bihe byatambutse.

Ibyo MBS yagiye akora mu bihe bitandukanye yabifashwagamo n’Abajyanama be bihariye, barimo Saud Al Qahtani n’Umuyobozi wa Abu Dhabi, Muhammed bin Zayed.

Ubuyobozi bw’uyu mugabo bukaba bwarazanye impinduka zikomeye, zirimo kutavugirwamo no gutanga ibitekerezo ku myanzuro yafashwe n’ibihugu bifatwa nk’ibikomerezwa ku isi, birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

MBS kandi yerekanye kugira umuhate, mu kugirana imikoranire ya hafi n’u Burusiya bwa Vladimir Putin.

Yashyizeho icyerekezo kigamije kongera no kuzahura ubukungu bwari bumaze kunegekara bwa Saudi Arabia.

Ashyiraho icyerekezo 2030 ku ruhembe rwo hejuru harimo kuzamura ikoranabuhanga mu mikorere ya buri munsi, no kongerera ubushobozi inganda n’ubucukuzi bw’amavuta muri iki gihugu.

Muri Nzeri 2018 yatangije umushinga wa miliyari 6.7 z’amadorali wo kubaka inzira ya gariyamoshi ihuza Mecca na Medina, imwe mu mijyi ikomeye muri iki gihugu ndetse y’amateka mu idini rya Islam.

Binyuranye n’ibindi bikomangoma byigeze kubaho yewe n’amahame y’ingoma zabanje muri ubu bwami, yazamuye ibikorwa by’imyidagaduro muri iki gihugu, abantu batangira kujya basabana, abari n’abategarugori bemererwa kuririmbira mu ruhame.

MBS mu kiganiro yatanze kuwa 29 Nzeri 2019, yasabaye isi yose gusura Saudi Arabia bakaza kwihera ijisho ubu Bwami, bakanahura n’abaturage bacyo.

Kuwa 26 Mata 2020 yakuyeho igihano cyo gukubita, ndetse hanavanwaho igihano cy’urupfu kubana bari munsi y’imyaka y’ubukure.

MBS yagiye atoteza akanafata bugwate abadahuje nawe imyumvire, ndetse ashinjwa kuba yaragize uruhare mu rupfu rwa Jamal Khashoggi wakoreraga The Washington Post n’ubwo aheruka gusa n’ubihanagurwaho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yemereye abari n’abategarugori gutwara imodoka, abarengeje imyaka 21 bemererwa gukora ingendo uko babishaka yaba imbere mu gihugu no hanze yacyo, bidasabye guherekezwa n’abagabo.

MBS yahatirije Saad Hariri kwegura. Uyu yari Minisitiri w’Intebe wa Leban, ubwo yamuvumburagaho gukorana na Iran.

Uretse kuba avugwaho kuba afite itsinda ryihariye rishinzwe gukura mu nzira abatari mu nzira ye, anafite abahanga mu ikoranabuhanga bakorana nawe bashobora no kumviriza telefone z’abanzi be n’u Bwami bwa se.

Kuwa 06 Werurwe 2020 yataye muri yombi ibikomangoma bikomeye muri ubu bwami, birimo n’uwo yasimbuye, Muhammad bin Nayet kimwe na Nawwaf bin Nayet na Ahmed bin Abdulaziz [se wabo], abashinja gushaka kumuhirika ku butegetsi.

Umwe mu batavuga rumwe nawe kuri ubu uri mu buhungiro mu gihugu cya Canada, wanahoze mu nzego z’ubutasi bwa Saudi, Saad al Jabiri mu kiganiro yagiranye na CBS yatangaje ko MBS ari inkoramaraso.

Yongeraho ko azi neza ko guhera mu mwaka wa 2014 yateguraga guhirika ubutegezi bw’Umwami Abdullah se yasimbuye, kugira ngo bafate ubutegetsi, ibyo MBS yateye utwatsi.

Mu bijyanye n’ubuzima busanzwe, mu mwaka wa 2008 MBS yashyingiranwe na Sara bint Mashour bafitanye abana batanu, gusa imibanire y’uyu mugabo n’umugore we yagiye ivugwamo urunturuntu. Hari n’abahamya ko amukubita bikabije kugera n’aho ajyanwa kwa muganga.

MBS ufite imyaka kuri ubu 37, ubutunzi bwe bubarirwa muri za miliyari z’amadorali ziri hagati y’eshanu na cumi n’umunani. Byemezwa kandi ko myinshi mu mitungo ye atari we ibaruyeho.

Aheruka guhabwa impamyabushobozi y’ikirenga na Kaminuza ya Kasetsart, hari kuwa 19 Ugushyingo 2022.

MBS ubwo yarimo aganira na Perezida Biden

MBS yazamuye bikomeye umubano wa Russia na Saudi Arabia. Aha yari kumwe na Perezida Vladimir Putin

MBS yakoranye neza na Perezida Donald Trump wayoboye Amerika

Aha yari kumwe na Minisitiri w'Intebe w'u Buhinde, Modi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND