RFL
Kigali

Duhangayikishijwe no kunezeza abakire: Shaddyboo yavuze ku gituma ubukene bukomeza kubaho

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:27/11/2022 10:57
1


Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo ukunda gusangiza abamukurikira ibihe bitandukanye byiganjemo iby’ubuzima bwa buri munsi, yafashe umwanya avuga uko abona imibereho y’abakene.



Mu butumwa yashyize hanze bw’amafoto, yongeyeho amagambo agaragaza uko abona impamvu ituma abakene batabasha gufashwa.

Shaddyboo yagize ati: ”Ubukene buriho atari uko tutabasha gufasha abakene ahubwo kuko tubasha kunezeza byuzuye abakire.”

Yabivuze asa n'uzimiza ariko uburungushuye kandi mu biriho ni uko abantu bose bahanga amaso abakize bakanahangayikishwa nuko babanyura bakibagirwa abakene.

Ibi ni ibintu biriho aho umukire arwara akagira abamusura ariko umukene yarwara akabura umusura barimo n'abo yasuye bakize, ahubwo yagira amahirwe yakira akazajya kubareba ngo abamenyeshe ko yakize.

Ugasanga umukire agabirwa inka zo kongera mu rwuri, nyamara hari utagira n'imwe. Ibyo byose bikaba kunezeza abanezerewe hakibagirana ababikeneye ari bo bakene Shaddyboo asa n'uwakomojeho.

Shaddyboo ari mu byamamare bicye bigira umuco wo kuzirikana abakene no kubafasha aho buri mwaka akora igikorwa cyo gusangira nabo by’umwihariko abana baturuka mu miryango ikennye. Ni igikorwa akora mu kwizihiza umunsi wa Eid al Fitr hasozwa ukwezi kwa Ramadhan.


Ubutumwa bwa Shaddyboo agaragaza uko abona ikibazo cy'ubukene Yavuze ko abantu benshi berekeje amaso ku kunezeza abakizeAsanga ubukene butakabaye burihoAri mu byamamare bizirikana imibereho igoye y'abakeneBuri mwaka asangira n'abana baturuka mu miryango ikennyeMu ntangiriro za 2022 ubwo hasozwaga ukwezi kwa Ramadhan yagusoje asangira n'abana barenga 100 baturuka mu miryango itishoboye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Munyampeta Emmanuel1 year ago
    Imana izaguha umugisha gusa ubwo bugiraneza uzabuhirane





Inyarwanda BACKGROUND