Umwaka w’imikino muri shampiyona ya Sitting Volleyball ikinwa n’abantu bafite ubumuga, iratangira mu mpera z’iki cyumweru aho agace ka mbere gahera mu karere ka Bugesera.
Kuri
uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru mu karere ka Bugesera harakinirwa agace ka mbere
ka shampiyona ya Sitting Volleyball umwaka
w’imikino 2022-2023. Uyu mwaka shampiyona izitabirwa n’amakipe y’uturere agera ku 9 mu bagore, naho mu bagabo hitabire amakipe
agera kuri 17
Amakipe
azitabira mu bagore ni; Bugesera, Gicumbi, Musanze, Nyarugenge, Rubavu,Gakenke, Ruhango, Rulindo na Nyanza.
Mu bagabo hazitabira; Gisagara, Gasabo, Musanze, Rubavu, Rusizi, Kicukiro,
Karongi, Ruhango, Burera, Rutsiro, Nyamasheke, Ngoma, Nyagatare, Gatsibo,
Muhanga na Rulindo.
Jean Marie Vianney Nsengiyumva umuyobozi wa tekinike mu ishyirahamwe ry'umukino w'abafite ubumuga mu Rwanda aganira na InyaRwanda, yatangaje ko iyi mikino igiye kuba izaba ifite umwihariko w'uko abakinnyi badafite ubumuga batazongera kwitabira.
Yagize ati "Tugiye gutangira shampiyona ya Sitting Volleyball
nayo izakinwa mu duce tune nk'uko byari bisanzwe. Kuri iyi nshuro twungutse
ikipe nshya ya Kayonza mu bagabo. Uyu mwaka kandi tuzaba dufite umwihariko kuko
nta mukinnyi udafite ubumuga uzongera kwitabira iyi mikino nk'uko byari
bisanzwe."
Umwaka
ushize w’imikino, Ikipe ya Gisagara mu bagabo niyo yegukanye shampiyona itsinze
Gasabo, mu gihe mu bagore Bugesera ariyo ibitse igikombe cya shampiyona
yegukanye itsinzwe Gicumbi, imikino ya nyuma ikaba yari yabereye mu karere ka
Rubavu.
Gisagara mu bagabo niyo ifite ibikombe 2 bya shampiyona biheruka
Bugesera irashaka kwegukana igikombe cya 6 cyikurikiranya mu bagore
TANGA IGITECYEREZO