RFL
Kigali

Ubuzima, gukora n'imibanire: Ibizumvikana kuri EP “No Comment” ya Oda Paccy

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:25/11/2022 10:25
0


Umuraperi Oda Paccy yamaze gushyira akadomo kuri Extended Play (EP) yise “No Comment” iriho indirimbo enye (4) zigaruka ku buzima, gukora n’imibanire.



Iriho indirimbo 'No Comment' ari nayo yitiriye EP, 'Hodi', 'Kanda Like' ndetse na 'Daddy Mandela' yakoranye n'umuhanzi Kabera Arnold uzwi nka Sintex.

Yakozweho na ba Producer bamaranye igihe cyane mu muziki, barimo nka X on the Beat, Junior Multisystem, Dj Lil na Issa Pro. Ni mu gihe yanononsowe n'abarimo Bob Pro.

N’iyo Ep ya mbere Oda Paccy agiye gushyira hanze kuva mu myaka irenga 10 ari mu muziki. Ayisobanura nk’idasanzwe mu rugendo rwe rw’umuziki, kandi ikoze amateka kuri we.

Yabwiye InyaRwanda ko yayise ‘No Comment’ ashaka kwibutsa abantu ko ntawe ukwiriye kuba nyambere mu kugira icyo avuga ku buzima bw’undi.

Avuga ati “Uko umuntu abayeho aba ari amahitamo ye bwite. Ibyo ukunda ntibisa nk’ibyundi. Ubaha umuntu kuko ari n'amahitamo ye.”

Oda Paccy avuga ko iyi EP ye igaruka kuri izi ngingo kubera ko akunda kuririmba cyane ku buzima.

Ati “Iteka nkunda kuririmba ku buzima. Nkunda kuba nabona umuntu umbwira uti ya ndirimbo ninjye wavugaga neza, bituma akenshi umuntu yongera kwitekerezaho akiga neza ku mahitamo n'imyanzuro afata mu buzima bwe.”

Akomeza avuga ko buri wese abayeho ubuzima butandukanye n’ubw’undi. Ari nayo mpamvu buri wese akwiye guharanira kubanza kwita kubimureba.

Yavuze ko nta muntu wateye imbere atarakoze. Ati “Kubaho ni ugukora. Nta kintu umuntu ageraho atavunitse ku bijyanye n'imibanire mbere yo kwita ku buzima bw'abandi numva twakwitaye ku byacu, abandi tukabigiraho ibyo baturusha cyangwa ibyo bakoze ngo batere imbere bityo bidufasha kwiyubaka ndetse no kumenya icyo twigira ku bandi mu buryo.”

Oda Paccy avuga ko indirimbo ziri kuri EP ye ‘No Comment’ ahanini zigaruka ku buzima bwa buri munsi abantu bacamo, imibare y’abantu yo muri iki gihe n’ibindi. Ariko inibutsa abantu ‘gukora cyane kuko isi nta mikino. Ntawe urya atakoze’.

 

Uyu muraperikazi wanakunzwe mu ndirimbo nka ‘Icyabuze’, avuga ko kwifashisha Sintex kuri EP ye ahanini byaturutse ku kuba ari umuhanzi akunda.

Avuga ko iyi ndirimbo ‘Daddy Mandela’ bakoranye irimo ubutumwa bwihariye n’imiririmbire idasanzwe. Abikubira mu ijambo rimwe ati “Ni agaseka gapfundikiye.”

Oda Paccy avuga ko guhera ku wa 1 Ukuboza 2022, abantu bazatangira kumva iyi EP binyuze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki nka Spotify na Apple

Yavuze ko indirimbo ye ‘Imbere muri njye’ aherutse gusohora yakiriwe neza, ashingiye ku kuba ikomoza ku buzima bwa benshi. 

Ati “Ni indirimbo yakiriwe neza kuko ivuga ku bihe twese tubamo byo gucika intege. Hari ubwo umuntu yiheba akumva atagifite icyzere cyo kubaho. Ni indirimbo yihumure kuri benshi muti twe.” 

Oda Paccy yagaragaje indirimbo enye zigize Extended Play (EP) ye nshya yise ‘No Comment’ 

Oda Paccy yavuze ko buri wese akwiye guharanira kubanza kwimenya mbere yo kumenya undi 

Paccy avuga ko iyi EP ye izatsa cyane ku buzima, umurimo, imibanire y’abantu n’abandi 

Oda yavuze ko indirimbo ye ‘Imbere muri njye’ yakiriwe neza ahanini biturutse ku butumwa bukubiyemo

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘IMBERE MURI NJYE’

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND