RFL
Kigali

Uko wakwiyigisha kwandika umukono mwiza ku rupapuro cyangwa mu ikayi

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:21/11/2022 8:42
0


Isi yabaye umudugudu, haje imashini za mudasobwa, telefoni zigezweho ku buryo bitakiri ngombwa ko umuntu yandika mu makaye cyangwa mu mpapuro. N’ubwo twabivuga gutyo ariko hari ubwo biba ngombwa ugasabwa kwandika ku rupapuro bikaba ingume.



Kumenya kwandika n’ikaramu ni ubumenyi nkenerwa cyane mu buzima bwa buri munsi. Ku mwana uri mu ishuri bifasha mwarimu kuba yamukosora neza atamwiciye ibisubizo yasubije neza kubera kutabibona neza. Ni ngombwa ko umubyeyi cyangwa umwarimu bigisha abana kwandika neza.

1.TEGURA IKARAMU N’URUPAPURO UBISHYIRE MU MWANYA BIGOMBA KUJYAMO

Mu gihe ushaka kwiga kwandika umukono mwiza, banza umenye neza uko bafata ikaramu ndetse no gutegura urupapuro ugiye kwandikaho. Itoze gukoresha intoki (Motor Skills).

Mu gihe umuntu ari kwandika, urupapuro rwakabaye ruri muri dogere 45 uvuye aho akaboko kari.

Uwandika afata ikaramu cyangwa ikereyo akoresheje igikumwe ukayikomeza ku buryo itakubuza kwandika wisanzuye.

2.IMENYEREZE GUSHUSHANYA IMIRONGO NO GUSHARAGURA

Fata ikaramu yawe witegereze neza aho ushaka kwandika uhandike neza usa n’usharagura kandi utabusanya imirongo yateganyijwe. Shaka impapuro ziba zifite imirongo itambitse igaragaza aho uwandika adakwiriye kurenza ikaramu mu gihe yandika.

Gerageza gushushanya uzamura kandi umanura. Menya neza ingano y’icyo ushaka gushushanya. Nurangiza umurongo utangire undi. Bigire imikino ubikore cyane mu buryo buhoraho udatuza, uzagenda ubimenyera.

3.ITOZE KWANDIKA INYAJWI N’INGOMBAJWI

Ukurikije ahantu haciye imirongo, itoze kwandikamo inyajwi zose, n’ingombajwi zose kandi neza utarenza imirongo yabugenewe. Tandukanya ingombajwi zigorana uhere ku zoroha kuzandika ugenda uzandika uzisubiramo.

4.ITOZE GUSUBIRAMO INGOMBAJWI YANDITSWE

Fata ikaramu yawe, maze ujye usubiramo ingombajwi yanditswe ku rupapuro rwawe. Ujye ugenda unyuzamo ikaramu reba uko byanditse neza n’uburyo ingana ku rupapuro ku buryo bizakorohera nawe kubyigana.

Itegereze cyane urwo rupapuro, reba neza uko yanditse wirinde guhubuka uhere hejuru ugeze hasi. Shaka ingombajwi kuri murandasi (Internet), uzigane uko zanditse.

5.ITOZE KUMENYA UMWANYA UGOMBA GUSIGARA HAGATI Y’IJAMBO N’IRINDI

Umunyeshuri agomba kumenya umwanya asiga hagati y’ijambo rimwe n’irindi ku buryo bimworohera kwandika neza adafatanya amagambo, nabyo biri mu bigaragaza umukono mwiza. Umunyeshuri agomba kumenya ko kwitoza ari byo bituma umuntu amenya ibintu runaka.

6.ITOZE KWICARA NEZA UDAHENGAMYE

Kwicara neza nabyo bifasha umuntu ushaka kwiga kwandika umukono mwiza cyane. Itoze kwandika ureba imbere utabangamiwe n’intebe wicaye cyangwa ikindi kintu.

7.SHAKA AHO BIGISHA KWANDIKA UJYE KUREBA UKO BABIGENZA

Byibura igira hamwe n’abandi, ufate iminota mike wige.

8.UJYE UHORA WANDIKA UKO UBISHAKA CYANGWA UBITEKEREJE

Iyi nkuru ntabwo ishingiye ku bana gusa nawe umuntu mukuru ushobora kuyikoresha witoza kwandika umukono mwiza cyangwa ukayifashisha wigisha umwana wawe kumenya kwadika neza mu ikaye ye.


Inkomoko: Wikihow.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND