Dore ibintu 6 ushobora gukora buri wese akifuza kuba inshuti yawe

Ubuzima - 15/11/2022 8:45 AM
Share:
Dore ibintu 6 ushobora gukora buri wese akifuza kuba inshuti yawe

Hari ubwo wumva wakurikira abantu bose bakwegereye ubasaba ubushuti ariko ukazitirwa n’uko abo bantu bose baguhunza amaso. Muri iyi nkuru turakwereka uburyo wakoresha ubundi ba bandi wifuza bakaza bashaka ko mwaba inshuti.

Ntabwo ari ukwishimira gushakishwa ahubwo ibyo wakoze byatuma ushakwa. Imibare myinshi yagaragaje ko umuntu ushakishwa n’abantu benshi ari uko aba yarageze kuri byinshi bihereye kuri we ubwo bityo abantu bakabasha kumushaka kandi akabyungukiramo cyane.

Mu buzima busanzwe, uzahitamo icyo ugomba kuba; Gushakwa cyangwa gushaka abantu. Birashoboka ko utabaho wenyine cyangwa ushakwa gusa ariko umuntu ashaka inshuti bitewe n’icyo izamugezaho.

DORE IBYO USABWA GUKORA UBUNDI UGATUMA ABANDI BAGUSHAKA.

1.      Rekera aho kwiruka ku bandi bantu

Niba ushaka ko nawe bagushaka, rekera aho kujya wirirwa ushaka abantu. Menya neza ko uri uw’agaciro gakomeye, rekera aho kwiruka ku bantu nyamara batanagushaka.

2.      Ishyire imbere

Niba ushaka gutera imbere, ishyire imbere uhugire kuri wowe ubwawe, ukore imishinga yawe kandi witeze imbere. Ibi nubishobora uzakora ibintu byinshi bikenewe n’abandi bantu bizabatera kuza kukureba.

3.      Ujye uharanira kugira ubuzima bwiza

Menya neza ko gahunda zawe zose wazimenyeye kandi ko wazikoze neza. Nihagira umuntu utekereza ko ari we uyobora ubuzima bwawe cyangwa ko afite ijana ku ijana by’ubuzima bwawe, azagusuzugura. Fata ubuzima bwawe mu maboko yawe.

4.      Ntukigaragaze nk’umuntu wataye umutwe ushaka ikintu cyane

Umuntu runaka nabona wataye umutwe, akabona uramushaka cyane, azibaza impamvu wamusariye ahitemo kukwirengagiza, niko isi iteye. Muri rusange urasabwa gukora cyane kandi ukirinda guhangayikira ikintu bikabije.

5.      Tegereza baze kugusubiza

Niba wandikiye umuntu cyangwa ukamuhamagara ukamubura, tegereza nagaruka akabona ko wamubuze araguhamagara, wimushyiraho imbaraga nyinshi cyane. Ibi byose biragendana no kuba hari impamvu nawe ashobora kugukenera.

Muri ubu buzima bishoboka ko nawe wafata abantu ukabigisha kugusha. Ugatuma bamenya ko hari icyo ushoboye bityo bakakubaha.


Inkomoko: OperaNews


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...