Ikipe ya Galatasaray izwiho kugura abasaza, yatangaje ko yatangiye umushinga wo kugura Ronaldo muri Mutarama ititaye kubisabwa byose.
Cristiano
Ronaldo w'imyaka 37 y'amavuko, ntabwo ejo hazaza he muri Manchester United
arimo kuhabona neza nyuma yaho amaze
kubanza mu kibuga inshuro 2 gusa kuva uyu mwaka w'imikino watangira.
Ubwo yari mu kiganiro n'itangazamakuru, umutoza wa Manchester United, Erik Ten Hag, yagarutse kuri uyu musore n'ibihe arimo. Yagize ati" Ronaldo nta kibazo afite aritoza kandi neza".
"Amakuru yo kuva mu ikipe yongeye kugaruka nyuma yaho
dutsinzwe na Manchester United kandi njye rwose kubera icyubahiro Ronaldo
mugomba ntabwo nari kumushyira muri uriya mukino. Ntabwo umuntu yamenya ibizaba
muri Mutarama cyangwa se umwaka utaha."
Ronaldo kuva yatangira umupira w'amaguru ubu ibihe arimo ni byo bihe bibi byabayeho kuri we kugera n'aho atabona umwanya ubanza mu kibuga
Amakuru
ducyesha ikinyamakuru Fotomac kivuga ko Galatasaray yiyemeje gusinyisha uyu
mukinnyi muri Mutarama uko byagenda kose ndetse Perezida wungirije w'iyi kipe Erden Timur akaba ari we ubiri
inyuma.
Ronaldo
afite amasezerano azagera muri Kamena 2023 gusa harimo ingingo ivuga ko
ashobora no kongerwa akaba yagera mu mpera z'umwaka w'imikino 2023-24.
TANGA IGITECYEREZO