RFL
Kigali

Abarimu batize uburezi bagiye kujya bahabwa inguzanyo basabwe no kujya kubwiga

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:4/10/2022 12:14
3


Mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere binyuze mu nguzanyo, abarezi bari mu kazi ko kwigisha ariko batarize uburezi, bagiye kujya bafata inguzanyo mu Umwarimu Sacco imara umwaka umwe gusa.



Nk’uko byatangajwe na ‘Umwarimu Sacco’ binyujijwe kuri Konti ya Twitter yayo, abarimu batize uburezi bahawe rugari n’amahirwe yo kujya bajya kwifatira inguzanyo imara umwaka umwe gusa.

Ni itangazo rigira riti:” Banyamuryango, twishimiye kumenyesha abarimu batize uburezi ko mu rwego rwo kuborohereza kubona inguzanyo, Inama y'Ubutegetsi y'umwalimu SACCO yafashe icyemezo cy’uko kuva uyu munsi tariki ya 03 Ukwakira 2022 bazajya bahabwa inguzanyo”.

Rikomeje rigira riti” Abarimu batize uburezi bazajya bahabwa inguzanyo yishyurwa mu mwaka umwe, ni ukuvuga ko izajya imara amezi 12, idasaba ingwate. Abafite ingwate bo bazajya bashobora kubona inguzanyo yishyurwa mu myaka itatu. Ibi bizakorwa mu gihe hategerejwe andi mabwiriza ya MINEDUC agena ibyo basabwa bijyanye no kwiga uburezi”.

Ubusanzwe inguzanyo iri mu bifasha umurezi uri mu kazi gukomeza kwiteza imbere mu buryo butandukanye akaba ariyo mpamvu abarezi batize uburezi bahawe amahirwe yo kujya bafata inguzanyo idasaba ingwate imara umwaka umwe ndetse n’isaba ingwate imara imyaka 3 nk’uko bitangazwa na Umwarimu Sacco mu itangazo rigenewe amashami yose y’Umwarimu Sacco ndetse n’abanyamuryango bayo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gaetan1 year ago
    Murebe inkuru iri update ibyo byarangiye byavuyeho
  • to1 year ago
    nibyiza
  • Dukuzimana Nadine1 year ago
    Nibyiza cyane kubwiyo ngizanyo yadufasha mukwiteza imbere.





Inyarwanda BACKGROUND