RFL
Kigali

Ubushakashatsi: Menya impamvu uburezi bufatwa nk’urufunguzo rw’iterambere rya buri wese

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:4/10/2022 13:37
1


Gukora cyane ushaka uburezi bwiza ni cyo iteka gishyirwa imbere na buri wese uba wifuza gutera imbere cyangwa wifuriza abana be ejo heza nawe ubwe. Ese koko uburezi ni isoko y’iterambere?



Gukora cyane, gushaka ishuri ryiza cyangwa gushaka impamvu uburezi bwatera imbere, byabaye intero y’ababyeyi n’abarezi muri rusange.

Umugabo waharaniye uburenganzira bwa muntu witwa Martin Luther King Jr, umunsi umwe yaravuze ati ”Akamaro k’uburezi ni ukwigisha abantu gutekereza byimbitse no gutekereza bihambaye. Ubwenge ukongeraho imico niyo ntego nyamukuru y’uburezi” .

Kugeza ubu iri jambo rya Martin Luther King, riracyari ukuri.

Mu mashuri atandukanye, abana bigishwa ibintu bitandukanye birimo; Guteranya, kugabanya, imibare itandukanye, indimi n’ibindi, maze bakemererwa kubona ejo heza habo mu maso habo. N’ubwo bimeze bityo iyo unyujije amaso muri rubanda, ni bwo ushobora guhita ubona ko uburezi ari bwiza kandi ko bugeza ku iterambere.

1.Uburezi bufasha mu kumenya kwiyoborera ubuzima

Ushobora kuba utaravukiye mu buzima wifuza kuzabamo iteka ryose. Ni cyo uburezi bugufasha. Kujya kwiga bituma ubona amahirwe yo kwiyoborera ubuzima ukaba wanahindura ubuzima bwawe ukabuyobora aho wifuza heza kurenza aho wari uri.

Ushobora kurangiza kwiga, ukaba umuyobozi w’uruganda runaka aho gukomeza uba umukozi warwo. Ushobora guhanga urwawe cyangwa ukaba umunyamigabane ukomeye muri rwo, ukajya ubona inyungu yarwo buri kwezi aho gufata umushahara. Nyuma yo kurangiza wakwerekeza ubuzima bwawe aho ushaka ukabuyobora.

2.Uburezi bufasha mu guhindura isi ahantu heza

Numara kwiga, uzamenya neza icyiza, umenye ikibi, umenye icyo gukora n’icyo kureka. Numara kumenya icyiza n’ikibi rero, uzabasha gukoresha ubwo bwenge mu buzima busanzwe, ubashe no gutanga umusanzu mu iterambere ry’isi muri rusange.

3.Uburezi butanga ubumenyi nkenerwa mu kazi runaka

Byanga bikunze iyo umwana arangije kwiga, hari ubuzima aba afite, hari ubuhanga aba afite ku buryo bimufasha mu kazi azakora ahazaza he. Umuntu ava ku kuba umunyeshuri akaba umuyobozi ukomeye, ibyo akoresha ni ibyo aba yarize mu ishuri.

4.Uburezi butuma wiyongera mu mushahara

Inyigo yaturutse muri kaminuza ya Georgetwon, yagaragaje ko umunyeshuri urangije amashuri ya kaminuza ashobora kwinjiza asaga Miliyoni imwe y’amadorali mu buzima bwe bwose.

Ubundi bushakashatsi buherutse gushyirwa hanze na ‘PEW RESEARCH CENTER’, bwagaragaje ko amafaranga yinjizwa n’itangazamakuru ryakozwe n’abafite ubumenyi mu bintu runaka aba ari menshi ugereranyije n’iryakozwe n’abatarageze mu ishuri.

5.Uburezi bufasha mu kugira inzozi impamo

Ubwo umuherwe Mark Zuckerberg yari mu mashuri yisumbuye, yarose kuzaba icyamamare, ndetse atekereza kuzakora urubuga rwa Facebook none kugeza ubu ibisigaye ni amateka gusa.

Ishuri wizemo riguhuza n’isi ukabasha gukora ikintu gikomeye cyane mu buzima bwawe. Mu gihe ufite umushahara wo hejuru, uba uri umunyamahirwe akomeye kuko bituma ubasha gukabya inzozi zawe.

6.Uburezi butuma ugira imbaraga kandi ukaba uvuga rikijyana

Impamyabushobozi ifatwa nk’igihamya cy’uko uri umuhanga ku bantu benshi. Kabone n’ubwo yaba ari impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye, ituma ubasha kugira ijambo n’ubushobozi muri rubanda.

Mu by’ukuri, uburezi bwagura intekerezo bugafasha mu kumenya aho kwerekeza mu nzira yo gushaka imibereho. Hari impamvu nyinshi zo kwiga, niyo mpamvu buri mubyeyi aba yifuza ko umwana we ajya kwiga, akaba ari cyo kintu cya mbere gishyirwa imbere umwana akimenya ubwenge, amaze kuzuza imyaka imwemerera kwicara ku ntebe y’ishuri.


Inkomoko: www.google.com na www.uopeople.edu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Niyingarukiye Marie louise 1 year ago
    muzoze muratugezaho inkuru nkuzo





Inyarwanda BACKGROUND