Umuhanzi Manzi James wamamaye mu muziki ku izina rya ‘Humble Jizzo’ wo mu itsinda rya Urban Boys, yanyuze mu buribwe bukomeye ubwo yakuraga igisimba mu gutwi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 27 Nzeri 2022.
Humble yanditse kuri
konti ye ya Instagram agaragaza igisimba cyari cyagiye mu gutwi, avuga ko
yanyuze mu buribwe bigoye buri wese kwiyumvisha.
Uyu muhanzi uzwi mu
ndirimbo nka ‘Indahiro’, ‘Umwanzuro’ n’izindi yabwiye InyaRwanda ko ahagana saa
kumi z’igitondo cyo kuri uyu wa kabiri, yumvise ikintu kigenda mu gutwi kwe kw’ibumoso, arabyuka atangira gukubitaho anashyiramo amazi macye ariko ntibyagira icyo
bitanga.
Avuga ko iki gisimba ‘cyazengurukaga mu gutwi’, ari nayo mpamvu yumva ugutwi kumeze nk’ukwaremeye.
Humble uri kubarizwa muri
Kenya n’umuryango we, avuga ko yagiye mu bwogero agerageza gushyira amazi mu
gutwi ntibyagira icyo bihinduraho.
Avuga ko uburibwe bwari
ku kigero cyo hejuru kandi ‘yumvaga ikintu kigenda mu gutwi’, ariko atabasha kugikoraho.
Muri we yatekerezaga ko
ari agasimba gato nk’ikimonyo. Humble avuga ko yitabaje umugore we Amy Blauman.
Ati “Umugore wanjye arabizi mutabaza iyo bikomeye. Numvaga ndibwa ariko
ntabasha kugikoraho. Ni we wamfashije kugira ngo kibashe kuvamo.”
Umugore we yahise atangira
gushakisha ku rubuga rwa Google icyo umuntu yakora igihe yaba ahuye n’ikibazo
nk’iki.
Ibi umugore yabikoze ari
nako bitegura kujya kureba umuganga. Humble Jizzo avuga ko Google ari urubuga
rwizewe, buri wese akwiye kwifashisha igihe agize icyo akeneye-Aravuga ibi
ashingiye ku butabazi bw’ibanze rwamuhaye.
Ibyo umugore yabonye kuri
Google, birimo gushyira amavuta y’ubuto (Niba ariko iwanyu mubwita) mu gutwi.
Iyo nyandiko kuri
internet, yavugaga gushyira ayo mavuta mu gutwi, hanyuma ukaryama, igice cy’umusaya
uriho ugutwi kikagera hejuru (Nko kwisengura inkokora), ayo mavuta yashokeye mu
gutwi hanyuma umugore we abasha gukuramo icyo gisimba.
Humble avuga ko bitari
byoroshye kugira ngo iki gisimba gisohoke. Yavuze ko we n’umugore we batunguwe
n’uburyo ‘icyo gisimba cyanganaga.
Ashima umugore we
wamufashije, no kuba yatekereje kwifashisha amavuta kugira ngo iki gisimba kibashe gusohoka mu gutwi cyari kimazemo umwanya munini.
Uyu muhanzi yavuze ko ubu
agiye gukomeza kureba niba nta gisigazwa nk’ukuguru cyangwa se ibaba by’iki
gisimba cyasize mu mutwi.
Humble avuga ko yari
afite ubwoba, yibaza ukuntu azongera kumva umuziki igihe ugutwi kwe kwaba kugize
ikibazo.
Amashimwe ni yose kuri
Humble Jizzo nyuma y’uko igisimba cyari mu gutwi kwe kivuyemo
Humble Jizzo yashimye
umugore we wamubaye hafi akabasha gushakisha uko iki gisimba cyavamo
Humble yavuze ko yari
yatangiye guhangayika-Avuga yemeye ko Google ifite igisubizo cya buri kimwe
TANGA IGITECYEREZO