Kapiteni wa Manchester United akaba na Myugariro w'ikipe y'igihugu y'Ubwongereza, akomeje kwibazwaho na benshi bamucyekagaho ubuhanga ariko akaba akomeje kubatenguha.
Harry
Maguire w'imyaka 29 y'amavuko akomeje gusiga amateka mabi kuri buri mukino
akinnye, haba mu ikipe y'igihugu ndetse no muri Manchester United abereye
Kapiteni. Mu ijoro ryatambutse ubwo u Bwongereza bwanganyaga n'Ubudage, Harry Maguire yongeye gukora ikosa riganisha
ku gitego.
Ubwo
igice cya kabiri cyari gitangiye ku munota wa 49, Harry Maguire yashatse gutanga
umupira kwa Luke Shaw ariko ntibyakunda, umupira awihera Musiala wahise
amusanganira agana mu izamu bituma Harry Maguire amutega, batanga Penariti yavuyemo igitego cya mbere cy'Ubudage. Uyu mukino waje kurangira amakipe yombi
anganya ibtego 3-3, gusa inkuru ikomeza kuba Harry Maguire.
Harry Maguire ubwo yategaga Musiala mu rubuga rw'amahina
Harry
Maguire ubura sanimetero 6 ngo agire metero 2, yageze muri Manchester United mu
2019 avuye mu ikipe ya Leicester city. Icyo gihe yari umukinnyi uri mu bihe
byiza, ndetse no mu Ikipe y'igihugu yari myugariro ngenderwaho.
Uko
iminsi yagendaga itambuka niko Harry Maguire yagumye gutakarizwa icyizere
n'abafana ba Manchester United bamushinja kubatsindisha, ariko abandi bakavuga
ko ikibazo ari ikipe kuko Maguire agera mu ikipe y'igihugu akitwara neza.
Mu
ntangiriro za shampiyona 2022-23 Erik Ten Hag wari ugifata Manchester United, yaje gufata umwanzuro wo kwicaza Maguire nyuma y'imikino 2 Manchester United
yari imaze gutsindwa. Ibi
byatumye Manchester United itsinda imikino 3 yikurikiranya, ndetse bisa n’aho
bishyize iherezo kuri Maguire wagombaga kwemera kwicara ku intebe.
Ikibazo
cy'ibitego n'amakosa ya hato na hato, ubu byimukiye mu ikipe y'igihugu y'Ubwongereza
aho ku mugoroba n'abafana batangiye kuvuga ko Harry Maguire batamushaka, mu
ikipe izajya muri Qatar mu mikino y'igikombe cy'Isi.
Umutoza
w'ikipe y'igihugu y'Ubwongereza, Gareth Southgete ntabwo yorohewe n'amahitamo
akora y'abakinnyi abenshi bavuga ko nakomeza gukoresha bamwe mu bakinnyi
badahagaze neza barimo Harry Maguire, ashobora kuzava mu mikino y'igikombe
cy'Isi nabi. Abafana ku mugoroba basabaga ko Southgate yatangira gukoresha
ndetse no guha umwanya abari ba myugariro, barimo Fikayo Tomori myugariro wa Ac
Milan.
Rio
Ferdinand umunyabigwi w'ikipe y'igihugu y'Ubwongereza aganira na Dailymail, yibajije impamvu Fikayo Tomori adahabwa umwanya mu ikipe y'igihugu. Yagize ati
" Tomori yegukanye shampiyona y'Ubutariyani, yakinnye neza kandi yari
umukinnyi w'umuhanga ufite ubwenge mu kibuga muri icyo gihe, ariko nta n’ubwo
yahabwa umwanya muto mu ikipe y'igihugu."
Ikipe
y'igihugu y'Ubwongereza imaze imikino 6 idatsinda, ndetse umukino banganyijemo
n'Ubudage niwo wa nyuma bari bakinnye kugera igikombe cy'Isi gitangiye mu Ugushyingo.
Maguire imigirire ye ntabwo yakirwa neza n'abafana be
Maguire ubu ntakibona umwanya ubanza mu kibuga mu ikipe ya Manchester United
TANGA IGITECYEREZO