Uretse inzandiko z’ubu, n’abahanga bo mu kinyejana cya mbere baranditse kandi bandika ku rukundo. Urukundo rufite amateka yihariye. Ntabwo wabona icyo uhereza umukunzi wawe maze ngo gisimbure urwo umukunda. Maze mu ijoro rimwe , uwabaswe n’inganzo y’urukundo kuwo yikundiye arabyuka arandika ati “Amarira y’urukundo rwanjye yanditse ko nk
Urukundo akunda uwo yihebeye yemeje ko nta kintu na
kimwe cyo kuri iyi si byangana. Umugabo umaze imyaka irenga 20 ashakanye n’umugore
we, ntiyigeze ahwema kumwereka urukundo, ntabwo yigeza atuza kumwereka ko
amukunda cyane, ntabwo amarira y’ibyishimo yabo bombi yigeze ahagarara kumanuka
ku matama yabo.
Abazi urukundo baruziho kutihishira, urukundo ntabwo
rutanga agahenge. Umusore wakunze umukobwa, yakora urugendo rw’ibirometero ajya
kumureba. Umusore wakunze umukobwa yamuha nawe ubwe. Ibyo bigaragaza ko
urukundo rutagereranywa.
Maze uwo mugabo wabaswe n’urukundo rw’umwamikazi
bashakanye mu myaka 20 yose, irangiye, arabyuka yandikira ururabo rwe ati:” Hey
Beautiful (Mwiza),
nizeye ko umeze neza cyane kandi ko ukomeye cyane. Nzi neza ko ijoro ryawe riri
kugenda neza, gusa njye ibitotsi ntabwo byamfashe ku maso kuko ari wowe
wangumye mu ntekerezo.
Uri urukundo rwanjye,
Uri ubuzima bwanjye,
Uri umwuka mpumeka,
Uri roho yanjye ,
Uri ibyishimo byanjye ,
Uri ibyo nkenera byose,
Uri umucyowanjye ,
Uri umwijima wanjye ,
Uri inyenyeri zanjye za nijoro,
Uri ubuzima bwanjye,
Ni wowe utuma mbona impamvu yo gukora buri kimwe muri
ubu buzima ndimo kuri iyi isi.
Uri imbaraga zanjye ndetse ni wowe mutima wanjye.
Mwamikazi y’ubuzima bwanjye , ni wowe munezero nigeze
mbona , ni wowe uri isanzure ryanjye, umwuka wanjye wabura ngahwera ndamutse
nkubuze n’umunota umwe. Ese ngire nte ko ngutekereje nagukabakaba nkakubura ?
Dore amarira niyo yanditse ko nkukunda , ese njye nahera he mbihakana? Urukundo
rwawe nibwo buzima bwanjye. Ndagukunda cyane”.
Ubusanzwe kwereka umuntu ko umukunda ntabwo bisaba
byinshi. Urukundo iteka rushaka aho guca. Niba nawe ufite uwo wihebeye , ujye
ubyuka mu bicuku by’ijoro umubwire ko ari mwiza, umubwire ko umukunda , umubwire
ko utabaho utamufite, umubwire ko ari ukundo rwawe, kandi wirinde kubimubwira
umushuka cyangwa wishuka. Gukunda ntabwo bisaba ibya mirenge. Iyi nkuru yakorewe
abakundana by’umwihariko abatari kumwe kubw’impamvu zumvikana.
TANGA IGITECYEREZO