Eliud Kipchoge wamenyekanye cyane mu kwiruka Marathon ingana na Kilometero 42, yaraye ashyizeho akandi gahigo mu irushanwa ryabereye mu Bubiligi.
Kipchoge
umudari Olempike inshuro ebyiri, yaraye yegukanye Berlin Marathon akoresheje
amasaha 2 umunota umwe n'amasegonda icyenda. Ni ibihe yakoresheje bituma
ashyiraho agahigo gakuraho n'ubundi ako yari yashyizeho mu myaka 4, aho kuri iyi
nshuro yakuyeho amasegonda agera kuri 30.
Mu
marushwa agera kuri 17 Kipchoge amaze kwitabira, iri siganwa ryabaye irya 15
yegukanye, bivuze ko amarushanwa abiri gusa ariyo atatsinze." Ndishimye
cyane bigendeye kuburyo nari niteguye iri rushanwa." Kipchoge aganira
n'itangazamakuru. " Ndatekereza ko nihutaga cyane kandi ndabicyesha ikipe
dukorana kuko aribo baba bamfashije cyane. Ikintu kintera gukora cyane ahanini
ni umuryango wanjye, kandi nkina nshaka kwereka abana bakiri bato ko nabo
babishobora. Siporo ihuza abantu kandi ndetse ikabunga, ibi nabyo biri mubitera
gukora cyane.”
Kipchoge
ubwo yatangiraga kwiruka abenshi bavugaga ko ashobora kwiruka Marathon mu gihe
kiri munsi y'amasaha abiri ariko siko byagenze. Mu 2019 mu irushwa ryabereye i
Vienna Kipchoge yakoze agahigo ko kwiruka Marathon munsi y'isaha 2, ariko ntabwo
ako gahigo kabazwe kuko iri rushanwa ibihe byaryo bitabarwa muri World Record.
Abajijwe
niba mu mwaka utaha ashobora kuzashyiraho agahigo gashya, Kipchoge yavuze ko
atahita abihamya. Yagize ati" reka ibyo tuzabirebeho nyuma. Nzishima ubwo
nzaba nkoze agahigo ko kwiruka Marathon munsi y'amasaha abiri, ariko ubu
nishimiye ibyabaye ubundi katurebe ikizakurikiraho.”
Mark
Korir nawe ukomoka muri Kenya niwe wabaye uwa 2 arushijwe iminota 4
n'amasegonda 49, Tadu Abate ukomoka muri Ethiopia aza ku mwanya wa 3. Mu
bagore, Tigist Assefa ukomoka muri Ethiopia niwe wabaye uwa mbere, akoresheje amasaha
2, iminota 15 n'amasegonda 37.
TANGA IGITECYEREZO